EUGENE OFFICIAL

Urutonde rw’abaperezida 7 bafite imiyoborere mibi kurusha abandi muri Afurika mu 2025
AMAKURU MU MAHANGA POLITIKE

Urutonde rw’abaperezida 7 bafite imiyoborere mibi kurusha abandi muri Afurika mu 2025

Jun 22, 2025

Urutonde rw’abaperezida 7 bafite imiyoborere mibi kurusha abandi muri Afurika mu 2025

 

Icyo urutonde rushingiraho:

Uburyo igihugu kiyobowe (neza cyangwa nabi), kubahiriza uburenganzira bw’ibanze bw’abaturage, kuba umuyobozi ufite icyerekezo rusange kandi gihuriweho, ivangura ry’ubutegetsi rishingiye ku nyungu bwite cyangwa ku gushaka gukundisha abantu ibyo badashaka ku ngufu, kuvuga ibintu bikangisha cyangwa birimo urwango (nk’amacakubiri ashingiye ku moko cyangwa ibinyoma), abaturage bafite ubumenyi n’ubushobozi bahunga igihugu (brain drain), gukoresha ububanyi n’amahanga n’itangazamakuru mu nyungu bwite.

Urutonde rw’abaperezida 7 bafite imiyoborere mibi kurusha abandi mu 2025:

 

  1. Teodoro Obiang Nguema Mbasogo (Guinée équatoriale)

Perezida Teodoro Obiang Nguema Mbasogo ayobora Guinée équatoriale kuva mu 1979 ( imyaka irenga 45). Igihugu kirimo ubukene bukabije n’ubwo gifite amavuta menshi, ubutegetsi burimo ruswa, itonesha, igitugu, itangazamakuru ryahagaritswe, abatavuga rumwe n’ubutegetsi barafungwa.

 

  1. Faustin-Archange Touadéra (Repubulika ya Centrafrique)

Perezida Faustin-Archange Touadéra (Repubulika ya Centrafrique), ni perezida wagaruwe ku butegetsi muri 2020, yatanze igice cy’ubutegetsi ku barwanyi b’abarusiya (Wagner), Leta ntigifite ububasha ku gihugu hose, mu gihugu hari umutekano muke, ubusahuzi, amacakubiri akomeje.

 

  1. Andry Rajoelina (Madagascar)

Perezida Andry Rajoelina (Madagascar) yafashe ubutegetsi binyuze muri kudeta, ashyira urujijo hagati y’ubutegetsi bw’igitugu no gushaka gukundwa, mu gihugu hari ubukene bwinshi, serivisi rusange zarasenyutse, yashishikarije abaturage kunywa umuti w’ibyatsi udafite gihamya y’ubuvuzi mu gihe cya COVID-19

 

  1. Félix Tshisekedi (DR Congo)

Félix Tshisekedi (DR Congo), yatowe mu matora arimo kwibazwaho, asakaza amakimbirane hagati ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo n’ u Rwanda ngo atwikire ibibazo by’imbere mu gihugu, ruswa iri ku rwego rwo hejuru, umutekano muke mu burasirazuba, ubushobozi buke bwa Leta.

 

  1. Paul Biya (Cameroun)

Perezida Paul Biya (Cameroun), afite imyaka 92, akorera mu mahanga (i Genève), igihugu nta buyobozi gifite, cyararindagiye mu ntambara, cyane cyane mu gice kivuga icyongereza (anglophones), nta gahunda ihari yo gusimburana ku butegetsi.

 

  1. Assimi Goïta (Mali)

Perezida Assimi Goïta (Mali), yafashe ubutegetsi ku ngufu (coup d’État), mu mwaka wa 2025 yahagaritse demokarasi, asesa amashyaka yose, ayobora atitaye ku baturage, akoresheje imbaraga ndetse n’abashyigikiye u Burusiya.

 

  1. Évariste Ndayishimiye (Burundi)

Perezida Évariste Ndayishimiye (Burundi), afatwa nk’uwananiwe kuyobora igihugu, igihugu cy’Uburundi ntikikiri igihugu gifite Leta ikora neza, ahubwo kiyobowe n’itsinda ry’abasirikare batavuga rumwe. Perezida yiswe “Neva” n’abaturage bamuseka, akunze kuvuga ibintu bitumvikana nko gukora inganda z’imibu cyangwa korora amasazi. Abize barirukanwa, urubyiruko rurahunga, ruswa igeze ku rwego rwo hejuru, imari ya Leta yarashize, yakoresheje ubutegetsi mu kubiba amacakubiri ashingiye ku moko no guhisha ubuswa bwe.

 

Icyitonderwa: Uru rutonde ni igitekerezo cy’abanditsi bagaragaza uko babona imiyoborere mu bihugu bitandukanye. Si raporo ya Leta cyangwa iy’Umuryango mpuzamahanga, ariko igaragaramo ibitekerezo bikunze kugarukwaho n’impuguke n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu.