Umutwe wa m23 na fardc byasabwe guhagarika imirwano guhera kuwa gatatu
Ibiro bya Perezida wa Angola byasabye leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’umutwe bihanganye wa M23 guhagarika imirwano kuva tariki 18 saa sita z’amanywa.
Itangazo ry’ibiro bya perezida wa Angola ntiryavuze niba ari tariki 18 z’uku kwezi cyangwa ugutaha, ariko ibinyamakuru muri Angola, nka Angola24horas, bivuga ko ari tariki 18 z’uku kwezi.
Angola ivuga ko yasabye ibi ibi bivuye ku nama yo kuwa mbere i Luanda yahuje perezida João Lourenço watumiye bagenzi be Faure Gnassingbé wa Togo, Félix Tshisekedi wa DR Congo na Olusegun Obasanjo ukuriye itsinda ry’abahuza ryashyizweho n’Ubumwe bwa Afurika kuri iki kibazo.
Ibiro bya perezida wa Angola bivuga ko bisaba iriya tariki yo guhagarika imirwano biturutse ku byavuye muri iriya nama “hamwe no kuvugisha impande bireba”.
Leta ya Kinshasa cyangwa M23 ntacyo baravuga kuri ubu busabe bwa perezida wa Angola. BBC yasabye impande zombi kugira icyo zibivuzeho.
Ibiro bya perezida wa Angola bivuga ko bitegereje ko impande zombi “zemera kumugaragaro iyi tariki y’ubu busabe”.
Hagati aho, imirwano muri Kivu y’Epfo hagati y’ingabo za leta zifatanyije na Wazalendo zirwana n’umutwe wa Twirwaneho ukorana na M23 yarakomeje muri iki cyumweru mu duce dukikije Minembwe Centre, agace ingabo za leta zivuga ko zishaka kwisubiza.
Naho muri Kivu ya Ruguru ho muri iki cyumweru havuzwe ibitero by’indege za ‘drones’ z’ingabo za leta mu duce twa Walikale ahagenzurwa n’inyeshyamba za M23.