EUGENE OFFICIAL

Umuryango mpuzamahanga w’abaganga batagira umupaka batangaje umubare wabagizweho ingaruka n’ibitero bya drone za Fardc muri Masisi
AMAKURU

Umuryango mpuzamahanga w’abaganga batagira umupaka batangaje umubare wabagizweho ingaruka n’ibitero bya drone za Fardc muri Masisi

Jan 3, 2026

Umuryango mpuzamahanga w’abaganga batagira umupaka batangaje ko ibitero bikomeye bya drone byagabwe na Fardc muri Masisi centre byagize ingaruka ku bantu barenga 42 ko ubu bari kwitabwaho naba baganga.

Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), kuri uyu wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama 2026 niho zagabye ibitero bya drone mu mujyi wa Masisi, bigira ingaruka kuri aba baturage.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu nibwo ibyo bitero byagabwe hakoreshejwe drone z’intambara.

Umujyi wa Masisi biriya bitero byagabwemo umaze umwaka urenga ugenzurwa n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23.

Nkuko byatangajwe n’Umuvugizi w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko imibare y’ibanze yerekana ko ibitero byo kuri uyu wa Gatanu byiciwemo abaturage b’abasivile batandatu, abandi benshi barakomereka.Ni mu gihe aba baganga bavuga ko abantu mirongo ine na babiri aribo bari kwitabwaho ariko ntibatangaje abapfuye.

Amakuru avuga ko kuri uyu wa Gatanu AFC/M23 yaramutse ihanganiye n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo Kinshasa FARDC na Wazalendo muri Masisi, by’umwihariko mu gace ka Kasenyi gaherereye mu bilometero bibarirwa mu ijana uvuye mu mujyi wa Goma.

Iyi mirwano ivugwa mu ntara ya Kivu y’Amajyarugu iranavugwa muri Kivu y’Amajyepfo mu nyengero z’umujyi wa Uvira aho Fardc na Wazalendo bihanganye bikomeye na AFC m23.