Umuririmbyi Natty Dread yitabye Imana mu Budage
Iyi nkuru yamenyekanye binyuze ku muntu wari usanzwe amufasha kandi banabanaga mu Mujyi wa Kigali, wahamirije IGIHE ko koko uyu muhanzi atakiriho, nubwo yavuze ko adafite amakuru ahagije ku byerekeye urupfu rwe.
Natty Dread, amazina ye asanzwe ari Mitali Raphael, yari amaze imyaka myinshi arwaye kanseri. Yatangiye kwivuza mu bitaro by’icyitegererezo byitwa University Medical Center Hamburg-Eppendorf (UKE) mu Budage kuva muri Nzeri 2022. Nyuma yo kugabanyuka k’ubukana bw’indwara, yagarutse mu Rwanda muri Gashyantare 2024, aho yanitabiriye igikorwa cyo kumurika filime yerekanaga ubuzima bwa Bob Marley, yabereye kuri Canal Olympia.
Muri icyo gihe, yavuze ko amerewe neza, ndetse yizera ko ubuzima bwe burimo kuzahuka. Nyamara nyuma y’amezi make yongeye gusubira mu Budage gukomeza ubuvuzi, ari na ho yaje kugwa.
Natty Dread yavukiye muri Uganda mu 1969, nubwo mu byangombwa bye handitsemo ko yavutse mu 1964, ibyo we yavuze ko yabikoze mu gihe yashakaga kwinjira mu gisirikare. Akiri muto, umuryango we wimukiye muri Kenya, aho yahuriye n’abantu bo muri Israel bamufashije kugera muri Jamaica, agasanga Bob Marley, intwari ya Reggae.
Yari afite ubwenegihugu bwa Israel, kandi mu Rwanda azwi cyane mu ndirimbo Hobe Rwanda, imwe mu ndirimbo zashimangiye umubano we n’Abanyarwanda.
Natty Dread afite amateka akomeye kuko ari we muhanzi mpuzamahanga wa mbere waje gutaramira mu Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Icyo gitaramo cyabaye mu 1996, ahuriyemo na Cedella Booker, nyina wa Bob Marley.
Uyu muhanzi asize abana barindwi yabyaranye n’abagore bane.
No Comment! Be the first one.