EUGENE OFFICIAL

Umuraperi French Montana yireguye ku cyaha ashinjwa cyo kwiba isaha ya Miliyoni $1
AMAKURU IMYIDAGADURO

Umuraperi French Montana yireguye ku cyaha ashinjwa cyo kwiba isaha ya Miliyoni $1

Oct 18, 2025

Umuraperi French Montana yahakanye iby’uko yaba yaribye isaha ifite agaciro ka Miliyoni $1 [1,455,600,000 Frw], nyuma y’uko abagabo babiri bo mu Busuwisi bamureze mu rukiko.Abo bagabo, Justo Obiang na Samir Gato, bavuga ko bahuye na French Montana mu 2015 ubwo yari mu gitaramo i Geneva, bakomeza kugirana umubano kugeza mu 2024 ubwo bateguraga guhura i Misiri (Egypt).

Nk’uko Obiang na Gato babivuga, Montana yari yasabye Obiang ko bahinduranya amasaha, ariko Obiang ntiyabyemera. Nyuma, ngo yabasabye kumutiza isaha akazayisubiza nyuma y’iminsi 30, mu gihe cya Paris Fashion Week.Aba bagabo bavuga ko Montana nawe yabahaye indi saha yavuze ko ifite agaciro karenze miliyoni $1, ayibaha nk’ingwate.

Nyuma y’igihe, Obiang na Gato bavuga ko Montana atigeze abasubiza isaha bamuhaye, ndetse baje gusanga n’iyo yabahaye nk’ingwate ari inyiganano (counterfeit).Bavuga ko isaha yabo ubu ifite agaciro karenze miliyoni $1, [1,455,600,000 Frw], kandi baramurega ibyaha birimo uburiganya, kwihaza mu nyungu (unjust enrichment) n’ibindi.

Ku rundi ruhande, umwunganizi wa Montana, Steve Haddad, yabwiye TMZ ko ibyo birego ari ibinyoma, kandi ko bagiye gurega Obiang na Gato.Montana avuga ko yagiye muri Misiri kubera ubutumire bwa Justo, aho yakoze ibiganiro bitandukanye n’ibikorwa byo kwamamaza ku mbuga nkoranyambaga, kandi ngo yemeye isaha nk’ubwishyu.

Karim Kharbouch, uzwi cyane mu muziki ku izina rya French Montana, ni umuraperi w’icyamamare ufite inkomoko muri Maroc ariko ufite ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Yavutse kandi akurira muri Maroc, nyuma yimukira muri New York hamwe n’umuryango we afite imyaka 13. Mu 2000 ni bwo yatangiye umuziki nk’umwuga.