Umugabo w’imyaka 41 yateje impagarara mu ndege yarivuye i Londres yerekeza mu Mujyi wa Glasgow muri Scotland
Umugabo w’imyaka 41 yateje impagarara mu ndege yarivuye i Londres yerekeza mu Mujyi wa Glasgow muri Scotland, nyuma yo kwigamba avuga ko afite igisasu ndetse atukana avuga amagambo mabi yifuriza urupfu Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump.
Ibi byabaye ku wa 27 Nyakanga 2025, ubwo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yari mu ruzinduko muri Ecosse aho yateganyaga gukinira golf kuri Turnberry Resort.
Amashusho yasohowe n’ibitangazamakuru bitandukanye, agaragaza uwo mugabo ari gusakuza bikomeye, abagenzi bari kumwe na we bamufata bamubwira ko hari imiryango iri mu ndege.
Nk’uko abari mu ndege babivuga, uwo mugabo yari avuye mu bwiherero atangira gusakuza ati “urupfu kuri Amerika, urupfu kuri Trump”.
Akomeza agira ati “Allahu Akbar” (Amagambo y’icyarabu asobanura ngo Imana ni yo nkuru), maze avuga ko afite igisasu.
Umwe mu bagenzi yagize ati “ Umugabo umwe yaramufashe amukurura inyuma amushyira hasi, abandi bose bahita bamufata. Yagerageje kurwana ariko icyo gihe yari amaze kubona ko ibintu byamurangiranye.”
Iyo ndege yahise yakirwa n’abapolisi bitwaje intwaro ubwo yageraga ku kibuga cy’indege cya Glasgow. Uwo mugabo yahise atabwa muri yombi, Polisi ya Scotland yemeje ko agifunze.
Umwe mu batanze amakuru yavuze ko uwo mugabo yari afite impapuro zigaragaza ko ari impunzi. Gusa, ubuyobozi ntiburavuga amazina ye, ubwenegihugu cyangwa imiterere y’ubuhunzi bwe.
Abapolisi batangaje ko nta bisasu byabonetse mu ndege kandi ko iki gikorwa cyari icy’umuntu umwe. Abashinzwe kurwanya iterabwoba barimo gusuzuma amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga.
Ibi bibaye mu gihe mu Bwongereza hakomeje impaka n’imyigaragambyo ku kibazo cy’umutekano n’ubuhunzi. Guverinoma yatangaje ko muri Werurwe 2024 habaye ibyaha bifitanye isano n’intwaro bigera ku 50.500 mu Bwongereza na Wales.
Mu myaka itandatu ishize, byagaragaye ko impunzi zituruka mu bihugu nka Iran, Afghanistan, Irak, Albania, Siriya na Eritrea zigize 70% byambuka inyanja mu mato.
Polisi ikomeje iperereza kugira ngo hamenyekane impamvu ndetse n’imyitwarire ijyanye n’iki gikorwa cy’iterabwoba.