Uganda:Perezida Museveni yaba yabujije muramu wa Gen Muhoozi kongera kwiyamamariza kuba depite?
Kwikura mu matora kwa Musherure kubayeho nyuma y’iminsi mike yongeye gushyamirana na murumuna wa Perezida Museveni ,witwa Sodo Aine Kaguta bombi bapfa umwanya wo mu nteko Ishinga amategeko.
Shartsi Musherure usanzwe ari muramu wa Gen Muhoozi Kainerugaba ,yatunguranye avuga ko atazongera kwiyamamariza kujya mu nteko Ishinga amategeko muri Uganda.
Mu itangazo ryasotse kuri iki Cyumweru tariki ya 22 Kamena 2025,yagize ati ”Mu kubaha Perezida Museveni akaba na Chairman w’ishyaka NRM,hagamijwe kubungabunga ubumwe mu ishyaka rya NRM sinziyamamaza.
Mu mpera ziki Cyumweru byari byatangajwe ko Shartsi Musherure yanze guharira Sodo Kaguta Aine ,kuko nawe ashaka kongera kwiyamamaza.
Sodo Aine Kaguta yahise atangaza ko yababajwe cyane n’uyu mwanzuro wa Musherure.
Yagize ati”Twari twumvikanye,kandi buri umwe wari muri iyo nama arabizi.Ndategushywe,na mbere nari natsinze amatora (……)Mwese muzi ibyabaye muri icyo gihe,ariko nyuma navuganye na Perezida Museveni turumvikana.Kuri ubu arabizi ko nziyamamaza muri ”Mawogola North” Nizeye ko ibyabaye 2021 bitazaba ubu.Ndibuka kiriya gihe ubwo neguraga yarambwiye ngo emerera Musherure gukomeza,ubutaha nawe ushobora kwiyamamaza.”
Shartsi Kutesa Nayebare Musherure ni umukobwa wa Sam Kutesa wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda ,akaba na muramu w’umuhungu wa Museveni Muhoozi Kainerugaba kuko ava inda imwe n’umugore we ,Charlotte Kainerugaba Kutesa .
