EUGENE OFFICIAL

Uganda:Perezida Museveni w’imyaka 80 azongera guhatanira intebe iruta izindi 2026.
AMAKURU MU MAHANGA POLITIKE

Uganda:Perezida Museveni w’imyaka 80 azongera guhatanira intebe iruta izindi 2026.

Jun 24, 2025

Perezida Museveni w’imyaka 80 azongera guhatanira intebe iruta izindi 2026,nk’uko byatangajwe n’ishyaka rye rya NRM( National Resistance Movement) yryemeje ko uyu mukabwe azongera kurihagararira mu matora ya Perezida wa Repubulika azaba muri Mutarama umwaka utaha wa 2026.

 

Perezida Yoweri Kaguta Museveni yagiye k’ubutegetsi mu mwaka w’1986 nibwo yatangiye manda ye ya Mbere,iya Kabiri ayitangira mu mwaka w’1996,iya gatatu ayitangira mu mwaka w’2001,iya Kane ayitangira mu mwaka w’2006 iya Gatanu ayitangira mu mwaka w’2011,iya Gatandatu ayitangira mu mwaka w’2016,naho iya Karindwi ayitangira mu mwaka w’2021 izarangira 2026 ahite yiyamamariza manda ya Munani.

Perezida Museveni ntibishidikanywaho ko ubundi ariwe uzongera gutsinda amatora yo muri 2026 kuko abamurwanya benshi nta mbaraga bagaragaza zo kuba bamukura k’ubutegetsi na cyane ko umurwanya w’Imena afunze ariwe CYiza Besigye akurikiranyweho ibyaha byo kumuhirika k’ubutegetsi akoresheje intwaro.

Impapuro zemerera abakandida Perezida kwiyamamaza zizatangira gufatwa muri Uganda ,kuwa 26 Kamena bisozwe kuwa 01 Nyakanga 2025,naho abakandida bazaba bemerewe batangazwe kuya 04 Nyakanga 2025.

Mu kiganiro yahaye ibitangazamakuru bitandukanye bikorera k’ubutaka bwa Uganda ndetse no hanze yiki gihugu,umuyobozi wa Komisiyo  y’amatora mu ishyaka riri k’ubutegetsi muri Uganda NRM Dr.Tanga Odoi ,yatangaje ko Museveni azajya gufata impapuro zimwemerera guhatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika kuwa Gatandatu tariki ya 28Kamena 2025.

Dr.Tango Odoi yagize ati ”Nk’uko n’abandi bakandida babigenza ,Perezida akaba n’umuyobozi mukuru wa NRM azaza gufata ifishi igaragaza ko aziyamamaza mu matora.”

Ubuyobozi bwa NRM bwemeje Perezida Museveni nkuzaserukira rino shyaka mu gihe hari hamaze iminsi ,hahwihwiswa amakuru avuga ko umuhungu we,Maj Gen Muhoozi Kainerugaba ariwe uzamusimbura umwaka utaha bitewe n’ubutumwa yandikaga kuri x akangurira urubyiruko kumushyigikira.