EUGENE OFFICIAL

Uganda:Minisitiri w’intebe yakuriye inzira ku murima abavuga ko nyuma y’amatora hazaba impinduka
AMAKURU MU MAHANGA POLITIKE

Uganda:Minisitiri w’intebe yakuriye inzira ku murima abavuga ko nyuma y’amatora hazaba impinduka

Sep 30, 2025

Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah Nabbanja, yahaye urwamenyo, Abanya-Uganda biteze impinduka nyuma y’amatora ateganyijwe mu mwaka utaha.

Amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda ateganyijwe muri Mutarama 2026. Bamwe mu butavuga rumwe na Perezida Yoweri Museveni, bifuza ko habaho impinduka, hakaza undi usimbura uyu umaze imyaka hafi 40 ku butegetsi.

Ubwo yaganiraga n’abaturage bo mu Karere ka Kayunga, Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah Nabbanja, yakuriye inzira ku murima abafite iyo myumvire, avuga ko nta mpinduka zizabaho.

Ati “Nkunze kubona abatavuga rumwe na leta bavuga ibijyanye n’impinduka mu matora agiye kuza. Reka mbabwire ukuri gukomeye, nta mpinduka niteze.”

Yavuze ko abashyigikiye Perezida Museveni n’Ishyaka National Resistance Movement riri ku butegetsi nta bwoba batewe n’ibizava mu matora kuko abandi bakandida badakomeye.

Uyu muyobozi yari ari kuganira n’abaganga ndetse n’abayobozi ba Kayunga ubwo hatahwaga ibitaro bikuru byari byuzuye muri aka gice.

Yasabye abaturage ba Kayunga, gutora Perezida Museveni nta n’umwe usigaye abibutsa ko imishinga myinshi babonye muri iki gice byose byagizwemo uruhare na NRM.

Ati “Murebe ibi bitaro. Ni bimwe mu byiza muri iki gihugu. Mwabibonye kuko mwatoye abayobozi ba NRM. Ariko murebe abo mu gace ka Mukono katoye abatavuga rumwe na leta, ntibafite nk’ibi bitaro kubera ubahagarariye mu Nteko Ishinga Amategeko, Betty Nambooze, utaratwegereye ngo tuganira ku iterambere ry’imishinga nk’iyi.”

Kuva mu 1996 abatavuga rumwe na Perezida Museveni bagerageje inshuro nyinshi kugira ngo bamuhigije binyuze mu matora ariko byarananiranye.

Gutangira kwiyamamaza ku bakandida umunani byatangiye uyu munsi. Biteganyijwe ko bizamara amezi atatu