EUGENE OFFICIAL

Uganda umunsi uzaberaho amatora ya perezida n’abadepite wamenyekanye
AMAKURU MU MAHANGA POLITIKE

Uganda umunsi uzaberaho amatora ya perezida n’abadepite wamenyekanye

Oct 22, 2025

komisiyo y’amatora muri Uganda yatangaje ko amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’abagize Inteko Ishinga Amategeko, azaba ku wa 15 Mutarama 2026.

Ni icyemezo cyatangajwe ku wa 21 Ukwakira 2025, nyuma y’aho byari bisanzwe bizwi ko aya matora azaba muri Mutarama 2026, ariko hataratangazwa itariki.

Kugeza ubu Perezida Yoweri Kaguta Museveni yongeye kugirirwa icyizere n’ishyaka rya National Resistance Movement rimutangaho umukandida, ndetse yatangiye ibikorwa byo kwiyamamaza.

Nk’uko byagenze mu matora yo mu 2021, byitezwe ko Robert Kyagulanyi ari we uzongera guhatana na Perezida Museveni.

Usibye abo bombi, abandi bakandida batandatu bahagarariye amashyaka mato nabo bazahatana muri ayo matora y’Umukuru w’Igihugu.

Abaturage kandi bazanatora n’abadepite bashya bagize Inteko Ishinga Amategeko.