U Rwanda ibicuruzwa rutumiza mu mahanga bitwara akayabo ka mafaranga menshi
U Rwanda ruri mu bihugu byashyize imbere itarembere ry’inganda hagamijwe kugabanya ibicuruzwa bitumizwa mu mahanga, hakiyongera ibyoherezwayo gusa mu bicuruzwa bikurwa hanze y’igihugu harimo n’umuceri uhingwa imbere mu gihugu.
Mu 2024 u Rwanda rwatumije mu mahanga ibintu bitandukanye bifite agaciro ka miliyari 6,5$ avuye kuri miliyari 3,1$ mu 2017. Icyuho kiri hagati y’ibitumizwa n’ibyoherezwa mu mahanga cyari miliyari 2,3$ mu 2024.
Uyu mwaka wasize u Rwanda rutumije ibikomoka kuri Peteroli bifite agaciro ka miliyoni 680$ mu gihe mu 2023 byari bifite agaciro ka miliyoni 621$ bigaragaza izamuka rya 9,5%.
Mu biribwa rusange utabura ku meza y’ingo nyinshi mu Rwanda harimo umuceri,bituma iki gicuruzwa kiri ku mwanya wa kabiri mu byo igihugu cyatumije mu mahanga ku bwinshi.
Umuceri watumijwe mu mahanga mu 2024 wari ufite agaciro ka miliyoni 317$ avuye kuri miliyoni 239$ mu mwaka wari wabanje, bigaragaza ubwiyongere bwa 32,8%.
Imibare igaragaza ko isoko ry’u Rwanda ryari rikeneye toni 596,9 mu 2024, mu gihe uwasaruwe imbere mu gihugu wari toni ibihumbi 141,9.
Perezida wa Koperative ihinga umuceri mu gishanga cya cyiri mu karere ka Gisagara, Jean Baptiste Bucyanayandi, yatangaje ko umuceri bahinga kuri hegitari zirenga 250 bakuramo toni 1005,7 z’umuceri utunganyirizwa mu ruganda rwa Gikondo Rice ucuruzwa ku isoko ry’u Rwanda.
Yavuze ko abahinzi bo mu Rwanda bashobora guhaza isoko “kubera imboto nziza zera vuba [amezi ane cyangwa atanu] kandi tukaba dufite umuhigo wo kuzamura umusaruro wacu.”
Mu bindi byatumijwe ku bwinshi harimo isukari yinjiye mu Rwanda mu 2024 fite agaciro ka miliyoni 238$ mu gihe umwaka wari wabanje hari hatumijwe isukari ifite agaciro ka miliyoni 192$.
Amavuta yo guteka arimo amamesa n’andi ayakomokaho hatumijwe afite agaciro ka miliyoni 2074 mu gihe mu mwaka wabanje hari hatumijwe aya miliyoni 237$.
Imodoka zatumijwe mu mahanga mu 2024 zifite agaciro ka miliyoni 108$, mu gihe yari miliyoni 113$ mu mwaka wari wabanje , sima yaguzwe mu mahanga ifite agaciro ka miliyoni 94$ avuye ku miliyoni 67$ mu mwaka wari wabanje.
Amafi yatumijwe mu mahanga abarirwa agaciro ka miliyoni 92$ avuye kuri miliyoni 70$ mu mwaka wari wabanje, insinga n’ibikoresho by’amashanyarazi byaguzwe miliyoni 85$ mu gihe mu 2023 byari byaguzwe miliyoni 62$.
Imiti n’ibikoresho byo kwa muganga byatumijwe mu mahanga mu 2024 bifite agaciro ka miliyoni 82$ mu gihe umwaka wabanje byari byatumijwe kuri miliyoni 91$. Ibikoresho by’amashanyarazi bitanga amajwi n’amashusho byaguzwe miliyoni 75$ mu gihe mu 2023 byari byaguzwe miliyoni 142$.
Biteganywa ko agaciro k’ibyoherezwa mu mahanga kazikuba kabiri kave kuri miliyari 3,5$ mu 2024 kagere kuri miliyari 7,3$ mu 2029, mu gihe agaciro k’ibyoherezwa mu mahanga ugereranyije n’ibitumizwayo kaziyongera kakazava kuri 61% yo mu 2023 kakagera kuri 77% mu 2029.
Ni mu gihe kongera ibikorerwa mu Rwanda bizagira uruhare mu kongera ingano y’ibyoherezwa mu mahanga biteganyijwe kuzazamuka ku kigero vya 13% buri mwaka.