Umugore yafatiwe mu cyuho afite ibiyobyabwenge muri Mageragere
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali, ku bufatanye n’abaturage, yafashe umugore witwa Mukamana Thamar w’imyaka 33, nyuma yo kumusangana ibiro bibiri by’urumogi hamwe n’udupfunyika 184 twarwo, mu gikorwa cyabaye ku wa Kabiri, tariki ya 22 Nyakanga 2025, ahagana saa tanu z’amanywa.