EUGENE OFFICIAL

Rubavu:Ubuyobozi bwerekanye ibikorwa bitanga amahirwe kw’ishoramari muri aka karere.
AMAKURU

Rubavu:Ubuyobozi bwerekanye ibikorwa bitanga amahirwe kw’ishoramari muri aka karere.

Jun 20, 2025

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwerekanye ibikorwa bitandukanye bishobora kubyazwa amahirwe mu ishoramari muri kano karere kegereye ikiyaga cya Kivu.

 

Ni igikorwa cyatangijwe n’umuyobozi w’Akarere ka Rubavu bwana Mulindwa Prosper ari kumwe n’abayobozi batandukanye b’ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’u Rwanda(RDB) ,iki gikorwa cyo kwerekana amahirwe y’ishoramari ari mu karere  ka Rubavu cyatangiye mbere y’inama iteganyijwe yerekeranye n’ishoramari muri kano karere.

 

Mu bikorwa by’ishoramari byerekanywe harimo isoko rya Gisenyi ryari rimaze imyaka igera kuri cumi n’ine ryubakwa (Gisenyi Modern Market) ,umuyobozi w’akarere akaba yatangaje ko iri soko biteganyijwe ko rizuzura mu kwezi kwa karindwi, 2025 ko bageze mu mirimo ya nyuma yo kurisoza.

Gisenyi Modern Market

Yagize ati’’Ubu turi gukora imirimo ya nyuma yo gutunganya Parikingi,ubu rero tukaba twaranatangiye imyiteguro yo kubaka icyikiro cya Kabiri cyiri soko,gifite metero kare ibihumbi birindwi na mirongo itatu n’enye akaba ariryo rizahita rikurikira iringiri ,rizaba ryunganira iri rirangiye.’’

Rubavu Dubai Port iri kubakwa hafi n’umupaka uhuza RDC n’u Rwanda Petite Barriere.

Gisenyi Modern Market biteganyijwe ko nirimara kuzura abasanzwe bakorera mu isoko rishaje bazahita baryimukiramo kugira ngo hatangizwe irizaryunganira nkuko byasobanuwe n’umuyobozi w’akarere.

Icyambu cya Rubavu giherereye m’umurenge wa Nyamyumba.

Mu bikorwa byeretswe itangazamakuru byafasha abasha gushora imari mu karere ka Rubavu harimo ,isoko rya Gisenyi rigiye kuzura,icyambu cya Rubavu,inzu y’ububiko iri kubakwa k’umupaka mutoya uhuza Repubulika iharanira demokarasi ya Congo n’u Rwanda(Rubavu Dubai Port)  ,inzu yo gukoreramo inama ya Kivu Arena,ndetse hanerekanywe icyanya cyahariwe inganda giherereye m’umurenge wa Rugerero.

Kivu Arena ,inyubako ifite icyumaba cyakira Inama.

Mu bikorwa byagezweho mu byerekeranye n’ishoramari herekanywe Gare ya Rubavu nka kimwe mu bikorwa byari byemejwe ko bizakorwa mu nama y’ishoramari y’akarere ka Rubavu yabaye mu mwaka wa 2018 ,ndetse n’icyanya cy’ubukerarugendo bushingiye kukurira imisozi cya Nengo Hill Adventure.

Gare ya Rubavu .

Umuyobozi w’akarere ka Rubavu yagaragaje ko aka karere karimo ibikorwa byinshi byafasha abashoramari kugera ku ntego zabo haba mubyerekeranye no gutwara abantu n’ibintu k’ubutaka no mu mazi,ubukerarugendo bushingiye ku nama ndetse no ku kiyaga cya Kivu ,ubucuruzi ndetse n’imikino ,yahamagariye abanyarwanda n’abanyamahanga kuza gushora imari muri kano karere kandi abizeza umutekano usesuye mu ishoramari ryabo.