EUGENE OFFICIAL

RDC:Urugamba ntirurwanwa n’amagambo Perezida Kabila abwira Perezida Tshisekesdi
AMAKURU MU MAHANGA POLITIKE

RDC:Urugamba ntirurwanwa n’amagambo Perezida Kabila abwira Perezida Tshisekesdi

Jun 25, 2025

Perezida Joseph Kabila Kabange wayoboye igihugu cya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo imyaka 18  yibiye ibanga mugenzi we wamusimbuye Perezida Felix Antoine Tshisekedi Tshilombo Alias Beton,amugaragariza ko afite amahitamo atatu gusa atarenga.

Perezida Felix Antoine Tshisekedi yabwiwe ko asigaranye amahitamo atatu gusa aryo :kwegura ibintu bitaraba bibi kurushaho.

Nyuma yuko Perezida Tshisekedi ategetse inteko ishinga amategeko gukura ubudahangarwa kuri Perezida Joseph Kabila Kabange ndetse uyu Kabila akimara gukurwaho ubudahangarwa akaba yarahise ava mu buhungiro yari amazemo umwaka urenga akaza mu mujyi wa Goma ,ugenzurwa n’ihuriro rirwanya ubutegetsi bwa Tshisekedi (AFC/M23) agatangira gukorana inama n’amatsinda atandukanye y’abaturage ndetse n’ubuyobozi bwa AFC/M23 ubu yagize icyo avuga kubyerekeranye nuko uwamusimbuye akwiye kwitwara, mu bihe nkibi igihugu yayoboye imyaka 18 abona ko kiri mu kangaratete ashinja Perezida Tshisekedi kuba ariwe wagateye.

Mubyo yagaragarije Tshisekedi akwiye gukora harimo kwemera ibiganiro by’ukuri adashyizemo uburyarya bw’urwiyerurutso ndetse no kudashyira imbere inzira z’intambara,kandi akamenya ko amateka agaragaza ko urugamba atari ukururwanisha amagambo.”

Perezida Joseph Kabila Kabange ari mubagize uruhare rukomeye kugira ngo Perezida Felix Antoine Tshisekedi agere k’ubutegetsi nkuko byakunze gusobanurwa na Corneille Nangaa Yobelua uyoboye ihuriro rya AFC/M23 rimurwanya kuko igiye atorwa bwa mbere yari Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’amatora.

Perezida Felix Tshisekedi ashinja uwo yasimbuye ko ariwe wihishe inyuma y’umutwe umurwanya wa m23 n’ihuriro urimo rya AFC .