EUGENE OFFICIAL

RDC:Minisitiri w’ubutabera Constant Mutamba yabijijwe ibyuya n’ubushinjacyaha bwa RDC.
AMAKURU

RDC:Minisitiri w’ubutabera Constant Mutamba yabijijwe ibyuya n’ubushinjacyaha bwa RDC.

Jun 7, 2025

Minisitiri w’ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Constant Mutamba yongeye kwitaba ubushinjacyaha bw’urukiko rusesa imanza muri iki gihugu abizwa ibyuya n’ibibazo yahatwaga n’ubu bushinjacyaha mu gihe kingana n’amasaha hafi icyenda yicaye ahatwa ibibazo we n’abunganizi bagera kuri makumyabiri yari yitwaje.

 

Minisitiri Constant Mutamba ni ubwa kabiri yitabye ubushinjacyaha bw’urukiko rushinzwe gusesa imanza muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo ,kuko ubwa mbere yitabye ubu bushinjacyaha kuri tariki 03 zuku kwezi kwa Kanama,akaba yongeye kubwitaba kuwa gatanu tariki ya 06 kanama,ahao nkuko n’ubushize yitabanye n’itsinda ry’abunganizi yongeye kubitabana ,aho yajyanye n’abamwunganira bagera kuri makumyabiri,akaba yahaswe ibibazo hafi amasaha icyenda ,abamubonye abazwa bavugaga koyari afite agatambaro ko kwihanagura ibyuya kubera ibibazo yabazwaga rimwe na  rimwe byanamugoraga gusubiza ,iryo tsinda ryiwe ry’abunganizi bakamufasha gusubiza.

 

Minisitiri Constant Mutamba yari yararahiye arirenga avuga ko adashobora kwitaba umushinjacyaha kubera ibyo amukekaho byo kunyereza amafaranga yari agenewe kubaka gereza ya Kisangani iri mu ntara ya Tshopo,aho akekwaho kunyereza miliyoni 19 z’amadorari.

Constant Mutamba avuga ko impamvu akurikiranywe aruko minisitiri w’intebe Judith Suminwa atamwifuza muba minisitiri ayobora kubera amakimbirane bafitanye ariko adasobanura.

 

Minisitiri w’ubutabera Constant Mutamba yari yabanje kuvuga ko umushinjacyaha Firmin Mvonde adafite ububasha bwo kumukurikirana kandi ko atazanamwitaba ngo kuko nawe ashinjwa kunyereza amadorari agera ku bihumbi magana acyenda yaguzemo inzu mu gihugu cy’ububiligi.

 

Uyu minisitiri yatangiye gukurikiranwa ubwo inteko shingamategeko ya RDC yatangaga ubwo bubasha k’ubushinjacyaha bw’urukiko rushinzwe gusesa imanza k’ubusabe bwari bwatanzwe n’urwo rwego mu nteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite.

 

Amategeko ateganya ko igihe ibyaha uyu minisitiri akekwaho byaramuka bitamuhamye dosiye yashyingurwa ikazongera gufungurwa mu gihe habonetse ibimenyetso b’ishyashya.