EUGENE OFFICIAL

RDC:Minembwe FARDC yongeye kuharasa ikoresheje indege ya Sukoi 25
MU MAHANGA POLITIKE UMUTEKANO

RDC:Minembwe FARDC yongeye kuharasa ikoresheje indege ya Sukoi 25

Jun 30, 2025

Ingabo za Repubulika iharanira demokarasi ya Congo  FARDC,ndetse nabo bafatanya kurwanya umutwe wa Twirwaneho ubarizwa mu ihuriro rya AFC/M23, bazindutse barasa amabombe bakoresheje indege mu misozi ya Minembwe aho barashe indege yari izanye imiti ku mavuriro ari muri kano gace.

Amakuru dukesha abaturage bari i Minembwe badutangarije ko iyi ndege yaje izanye imiti muri kano gace ,bagahita babona indege ya Sukoi25 ya FARDC itangiye kuyirasa amabombe menshi bikaza kurangira iyo ndege yangiritse n’ibyari birimo byose kandi ko iryo rasa ryaguyemo umuntu umwe w’umwana.

Abaturage bavuga ko atari iyo ndege yibasiwe gusa kuko no mu gace ka Kaziba na Gishigo naho harashwe niyo ndege,nyuma yuko irashe iyo ndege yindi yaritwaye imiti.

Indege ya PAM yarasiwe i Minembwe na FARDC.

 

Bagize bati:”FARDC yatwitse yandege ya PAM yari yagemuriye abakuwe mu bwabo n’intambara kubera ibitero bya Mai Mai.”

Abaturage kandi banemeje amakuru avuga ko hari n’abaturage babiri bakomerekejwe n’ayo mabombe yatewe niyo ndege.

Igisirikare cya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo gikunze kurasa muri kano gace ka Minembwe kifashishije indege ,ibikorwa binengwa n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi kuko ari ibikorwa bigize ibyaha by’intambara kurasa kubasivile cyangwa ku miryango mpuzamahanga itabara imbabare.

Indege yifashishijwe kurasa i Minembwe.

 

Hari hashize iminsi abaturage batuye Minembwe bataka ko nta miti bafite ariko ngo hari n’imodoka ya Medecin sans Frontiere yari iherutse kuhaza izanye imiti ,umuyobozi wa Mai Mai Gen Autoproclame Yakutumba ategeka ko bayifata igasubizwa muri teritwari ya Uvila ,biravugwa ko n’abaturage bavuye i Minembwe bagiye kwivuza muri Uvila bagirirwa nabi.

Iraswa ry’iyi ndege ribaye ku munsi wo kwizihiza imyaka 65 ishize RDC ibonye ubwigenge,ahao kandi RDC n’u Rwanda bari bamaze iminsi igera 3 basinye amasezerano y’amahoro.

Indege ya PAM yarasiwe i Minembwe.
  Indege yifashishijwe kurasa i Minembwe