RDC:Abasirikare benshi bafite ipeti rya jenerari muri FARDC batawe muri yombi n’uego rushinzwe iperereza
Inzego zishinzwe umutekano muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo zataye muri yombi abofisiye bakuru babiri bakorana bya hafi n’umujyanama wa Perezida Tshisekedi mu bikorwa by’igisirikare Gen Christian Tshiwewe Songesha.
Abatawe muri yombi ni Gen Maj Mourice Nyembo wahoze ari umuyobozi w’ibiro bya Gen Tshiwewe mu gihe yari umugaba Mukuru w’ingabo za RDC ,na Lt Col Adelart Mwiza ushinzwe umutekano wa Tshiwewe by’umwihariko.
Gen Nyembo na Lt Col Mwiza bafashwe mu gitondo cyo kuri uyu wa 9Nyakanga 2025,gusa byo bakurkiranyweho ntabwo biramenyekana.
Amakuru yitabwa muri yombi ry’aba bofisiye yakurikiye andi avuga ko Gen Tshiwewe yashwanye na Gen Yav Kabeya saa munani z’urukerera ubwo bari ku biro by’inama y’gihugu y’umutekano.
Byavugwaga ko nyuma yo gushwana na Gen Yav ,Gen Tshiwewe yagumye ku biro by’inama y’umutekano kugeza bukeye,gusa icyo bapfuye nacyontikiramenyekana .
Gen Yav wabaye umwe mubizerwa ba Perezida Tshisekedi ubwo yajyaga ku butegetsi mu mwaka wa 2019 nawe yari yatawe muri yomb tariki ya 16Kamena 2025.
Biravugwa ko Gen Tshiwewe nawe yaje gutabwa muri yombi mu masaha ya nimugorabo akekwaho ibyaha by’ubugambanyi.
