RDC/Walikale:Imirwano yongeye kubura hagati ya Wazalendo n’igisirikare cya M23.
Imirwano ikaze yongeye kubura muri teritwari ya Walikale mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru,aho abarwanyi ba Wazalendo batewe n’igisirikare cy’umutwe wa m23 mu gace ka Buhimba.
Guhera m’urukerera rw’uyu wa Gatatu ,tariki ya 18 Kamena 2025 ,abarwanyi b’umutwe wa m23 bazindutse bagaba ibitero bikomeye kubarwanyi b’umutwe wa Wazalendo bari m’umudugudu wa Buhimba,gurupoma ya Kisimba,iki gitero umutwe wa m23 ukigabye kuri Wazalendo mu gushaka kwisubiza agasozi ka Kasopo m23 yari iherutse kwikuraho ,kuwa 15 Kamena,maze abarwanyi ba Wazalendo bari mu gace ka Rusamambo ,gurupoma ya Ikobo bagahita bakigarurira.
Abaturage bari bari muri bino bice bya gurupoma ya Ikobo bamaze igihe barahahunze kubera umutekano mukeya uhagaragara.
Imirwano yuyu munsi yakomeje gutera abaturage ubwoba kuko buri ruhande rwumvikanye rukoresha intwaro zikomeye,kandi hakaba hari n’abasivile bataramenyekana umubaro baguye muri iyi mirwano bishwe n’amasasu yayobye.
Sosiyete sivile zikorera mu bice bya teritwari ya Walikale ndetse n’abayobozi gakondo batangaza ko umutwe wa Wazalendo ariwo ukigenzura agasozi ka Kasopo.
Imirwano yuno munsi yamaze hafi amasaha agera kuri ane impande zombi zirasana.