EUGENE OFFICIAL

RDC/Uvira:Umutwe wa Twirwaneho wagabweho ibitero n’igisirikare cya Leta ya Kinshasa mu gace ka Rurambo
AMAKURU MU MAHANGA UMUTEKANO

RDC/Uvira:Umutwe wa Twirwaneho wagabweho ibitero n’igisirikare cya Leta ya Kinshasa mu gace ka Rurambo

Jul 8, 2025

Imirwano ikaze yongeye kubura hagati y’ingabo zirwana ku ruhande rw”ihuriro ry’ingabo za Leta Kinshasa ,ingaboza FARDC zifatanyije n’ingabo z’igihugu cy’u Burundi ,Wazalendo na FDLR baraye bagabye igitero ku barwanyi ba Twirwaneho/m23 bari mu bice bya Rurambo.

Amakuru ava muri bino bice yemeza ko nyuma yuko abarwanyi  ba Wazalendo n’ingabo za FARDC bakoranye inama n’abacanshuro ndetse n’ingabo z’Abarundi zishinzwe gucunga umutekano w’umujyi wa Uvira ,bahise bafata gahunda yo gutangira kugaba ibitero mu bice bitandukanye birimo Twirwaneho.

 

Abasirikare ba FARDC bagabye igitero mu Rurambo ,ni abasirikare baturutse mu mashyamba yegereye umujyi wa Uvila,bakomeza ahitwa Kageregere,aba basirikare bayobowe na Col Justin yarasanzwe ayoboye ingabo za Fardc ziri mu kibaya cya Rusizi.

Andi makuru avuga ko ingabo zavuye muri Kalemie zikazanwa mu mujyi wa  Uvila ,zagabuwemo ibice bitatu (3),zimwe zijyanwa Fizi,izindi Gatobwe,izindi nazo zijyanwa Luvungi mu kibaya cya Rusizi.

Biravugwa ko Ingabo za FARDC  zajyanywe muri teritwari ya Fizi zizafatanya nizajyanywe I Kilembwe zivuye muri KINDU mu ntara ya Maniema bagabe ibitero ku barwanyi ba  Twirwaneho na m23 bari mu bice bya Rugezi no mu bindi bice biri hafi ya santere ya Minembwe.

Naho ingabo zajyanywe Luvungi biteganyijwe ko zizagaba ibitero I Gatogota,Kamanyola n’ibindi bice byegereye tuno duce tubiri (2),ahari abarwanyi ba Twirwaneho na m23 ibi bitero bizaba bigamije kwerekeza mu mujyi wa Bukavu.

Mu gihe ingabo zagiye I Gatobwe  biteganyijwe ko zizafatanya niziyobowe na coloneri Justin zigaba igitero I Kageregere.

Ibi bitero bigiye gutangira nyuma yuko ubutegetsi bwa Tshisekedi buzanye abasirikare benshi n’intwaro mu mujyi wa Uvila bavuye Kisangani na Kindu.

Izanwa ry’Ingabo ndetse n’ibikoresho mu bice bitandukanye bya Kivu y’Amajyepfo biherutse kwamaganwa n’umutwe wa m23 binyuze mu ihuriro rya AFC/M23  bavuga ko ibyo bikorwa bibangamiye ibiganiro byatangiye i Doha.