EUGENE OFFICIAL

RDC/USA:Perezida Donald Trump yashyizeho umusirikare ushinzwe ibikorwa byo kurandura FDLR
MU MAHANGA POLITIKE UMUTEKANO

RDC/USA:Perezida Donald Trump yashyizeho umusirikare ushinzwe ibikorwa byo kurandura FDLR

Jul 2, 2025

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe Za Amerika  Donald Trump yashyizeho umusirikare ushinzwe ibikorwa byo kurandura  umutwe w’iterabwoba wa FDLR,ndetse akaza anashinzwe gukurikirana ibikorwa byo gukuraho ingamba z’ubwirinzi ku Rwanda nk’uko byemejwe mu masezerano yasinywe hagati ya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo na Repubulika y’u Rwanda ,amasezerano yasinyiwe muri I Washington kuwa 27Kamena 2025.

Umusirikare washyizweho ni Gen w’inyenyeri enye witwa Dan Caine akaba yarasanzwe mu ngabo za Leta Zunze Ubumwe Za Amerika zirwanira mu kirere.

Minisitiri w’ububanyi n’ubutwererane w’u Rwanda Amb Olivier J.P Nduhungirehe aherutse gutangaza ko amasezerano aherutse gusinywa hagati ya RDC n’u Rwanda urutirigongo rwayo ari ugusenya umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mubasize bakoze jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994,yemeje ko kandi uyu mutwe numara kurandurwa u Rwanda narwo ruzabona gukuraho ingamba zarwo z’ubwirinzi rwashyizeho.

Biteganyijwe ko uyu Gen Dan Caine azagirira uruzinduko mu mujyi wa Kinshasa kubonana na Perezida Tshisekedi bavugane ku ngamba zo kurandura umutwe wa FDLR azajyayo tariki 5 Nyakanga 2025.

Ubundi Gen Dan Caine ni muntu ki?

Ubusanzwe uyu Gen Dan Caine asanzwe yitwa Gen John Daniel Razin Caine ,yavukiye muri Leta Zunze Ubumwe Za Amerika ,mu mwaka 1968 ,tariki ya 10Kanama 1968, i New York.

Yakoze kandi ahawe izi nshingano akora mu gisirikare cya USA kirwanira mu kirere (United State Air Force)

Guhera mu mwaka 1990 kugera ubu 2025 yari mu kaze ke .

Yarwanye muri Iraq kandi yakoze inshingano zitandukanye muri Iraq hagati y’umwaka 2016-2018.

Yakoreye urwego rw’ubutasi  guhera 2021-2024.