EUGENE OFFICIAL

Perezida wa Madagascar yavuze ko yahungiye ahantu hizewe
AMAKURU MU MAHANGA POLITIKE

Perezida wa Madagascar yavuze ko yahungiye ahantu hizewe

Oct 14, 2025

Perezida uri mu bibazo wa Madagascar Andry Rajoelina yavuze ko ubu yihishe “ahantu hatekanye” nyuma y’igerageza ryo kumwica, nyuma y’ibyumweru bishize haba imyigaragambyo y’abasaba ko yegura.

Mu ijambo yavuze imbona nkubone yagejeje ku baturage arinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook, Rajoelina, w’imyaka 51, yavuze ko “itsinda ry’abasirikare n’abanyapolitike ryacuze umugambi wo kunyica”.

Ntiyahishuye ahantu aherereye, ariko mbere amakuru atemejwe yari yumvikanishije ko yahunze igihugu atwawe n’indege ya gisirikare y’Ubufaransa. Afite ubwenegihugu bwa Madagascar
n’ubw’Ubufaransa.

Amagerageza yananiwe ya Rajoelina yo gucubya uburakari bw’urubyiruko rw’abigaragambya – bahimbwe “Gen Z Mada” – bituma uyu Perezida wa Madagascar yirukana abagize guverinoma ye bose ndetse agira n’ibindi yemerera abigaragambya ariko biba iby’ubusa.