Perezida Nicolas Maduro wa Venezuela amaze gufatwa na Leta Zunze Ubumwe Z’Amerika
Perezida Trump yavuze ko Amerika yagabye “ibitero bikomeye kuri Venezuela” kandi “yafashe umutegetsi wayo, Perezida Nicolàs Maduro” n’umugore we.
Ibi yabitangaje ku rubuga rwe Truth Social anemeza ko nyuma yo gufatwa Maduro yahise “avanwa mu gihugu” n’indege.Nta makuru arambuye aratangazwa ku kuba Maduro yaba koko yafashwe.
Trump yongeraho ko ibi bikorwa byakozwe bigendanye no kubahiriza amategeko ya Amerika, yongeraho ko baza gutanga amakuru arambuye mu kiganiro n’abanyamakuru ku rugo rwe Mar-a-Lago muri leta ya Florida.
Amerika, yari yarashyizeho miliyoni 50 z’amadorari nk’igihembo cy’uwafasha mu guta muri yombi Perezida Maduro.
Visi Perezida wa Venezuela Delcy Rodríguez amaze kugira icyo atangaza.
Madamu Delcy yavuze ko guverinoma itazi aho Perezida Maduro cyangwa umugore we Cilia Flores baherereye.
Yongeyeho ko guverinoma irimo gusaba “ikimenyetso ko bariho aka kanya” gitanzwe na bo.
Birimo gukekwa ko abakomando ba Delta Force ba Amerika baba binjiye mu murwa mukuru bagashimuta perezida n’umugore we, ibintu tutigeze tubona mbere muri ibi bihe bya vuba.
Ibisa n’ibi biheruka mu 1989 ubwo umutwe w’ingabo zidasanzwe za Amerika winjiraga muri Panama ugashimuta oerezida w’iki gihugu Manuel Noriega.
Ku wa kane, Perezida Maduro yavuze ko yiteguye ibiganiro na Amerika ku bucuruzi bw’ibiyobyabwenge n’ibitoro “aho ari ho hose n’igihe cyose bashaka”.
Muri icyo kiganiro kuri Televiziyo y’igihugu, Maduro yirinze kandi gusubiza ku magambo ya Donald Trump ko Amerika yari yarashe ku cyambu cyo muri Venezuela – cyari igitero cya mbere ku butaka bw’iki gihugu bivugwa ko cyakozwe na CIA.
Iminsi micye mbere y’ikiganiro cya Maduro, Trump yari yavuze ko Amerika yarashe ahantu amato ahagarara avuga aho habaye “guturika gukomeye” ari ho “bapakirira ibiyobyabwenge muri ayo mato”.