EUGENE OFFICIAL

Ndayishimiye ntazi niba azongera kuba perezida afite ubwoba bwo gupfa 2027
AMAKURU POLITIKE

Ndayishimiye ntazi niba azongera kuba perezida afite ubwoba bwo gupfa 2027

Jan 15, 2026

Ndayishimiye asubiza abibaza niba azongera kwiyamamaza muri manda ya kabiri, yagize ati: “Hari abibaza niba zongera kwiyamamaza mu 2027. Ariko mwebwe, ubwo muzi neza ko nzaba nkiriho? None ntabwo nzapfa? Ese mpise mpfa uyu munsi byagenda gute?”

Perezida w’u Burundi yananenze abo avuga ko bishinga inyungu za Politiki, avuga ko “hari n’abanga kumpa ibitekerezo bavuga ngo nibimunanira bazahita bafatwa. Ariko nibinanira, ni igihugu cyose kiba kinaniwe”.

Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi yagaragaje ko atazi neza niba azagera mu mwaka utaha, mu gihe amakuru avuga ko hashobora kuba hari ubwumvikane buke hagati ye n’ibihangange byo mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi.

Bivugwa ko hari abajenerali benshi mu gisirikare bifuza ko yava ku butegetsi, mu gihe andi makuru avuga ko Révérien Ndikuriyo uyobora CNDD-FDD ari we uri gutegurirwa kuziyamamaza mu izina rya ririya shyaka mu gihe Ndayishimiye yaba ashyizwe ku ruhande.