Masisi :umutwe wa afc/m23 bongeye gusakirana
Abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bongeye gusakiranira mu mirwano n’abo mu ihuriro Wazalendo rirwana ku ruhande rwa Leta, mu gace ka Masisi.
Ikinyamakuru Actualité cyo muri RDC cyatangaje ko imirwano yatangiye Saa Kumi n’Ebyiri za mu gitondo kuri iki Cyumweru tariki ya 11 Mutarama 2026, mu gace ka Kazinga muri Teritwari ya Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru.
Abaturage bahaturiye batangaje ko bumvise urusaku rw’imibunda ziremereye n’izoroheje muri ako gace ubwo Wazalendo yarasaga kuri AFC/M23.
Bavuze ko Wazalendo iri kugerageza kurwana ngo AFC/M23 itigarurira ibindi bice biri mu maboko yayo na Leta harimo ibyo muri gurupoma ya Nyamaboko ya mbere n’iya kabiri.
Ibyo bibaye kandi nyuma y’uko mu Isantere ya Masisi ku itariki ya 2 Mutarama 2026 Ingabo za Leta ya Congo, FARDC, zagabye igitero mu gace gatuwe n’abaturage, gihitana abasivile batandatu abandi 41 barakomereka.
Ni igitero cyamaganywe na AFC/M23 ndetse n’ubuyobozi bw’ubutumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO).
Ibi bitero byose biri kuba mu gihe perezida Tshisekedi akomotse muri Angola aho yasabye perezida wa Angola akaba ari nawe uyobora umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ngo amuhuze n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe harimo niri huriro rya AFC/m23 ryanamaze kwandikirwa na perezida wa Angola ritumirwa muri ibi biganiro.
Abasesenguzi ba politike bagaragaza perezida Tshisekedi ndetse niri huriro rya Afc/m23 bahanganye nkabahizemo gukoresha inzira yo kuganira banarwana.