EUGENE OFFICIAL

Madamu Ingabire Marie Immaculée yitabye Imana azize uburwayi
AMAKURU

Madamu Ingabire Marie Immaculée yitabye Imana azize uburwayi

Oct 9, 2025

Ingabire Marie Immaculée wari Umuyobozi w’Umuryango urwanya Ruswa n’Akarengane, Transparency International Rwanda, yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, azize uburwayi yari amaranye igihe.

Amakuru y’urupfu rwe yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 09 Ukwakira 2025, atangajwe n’Umuryango TI Rwanda, wavuze ko ubabajwe nogutangaza urupfu rwa Ingabire Marie Immaculée, wihanganisha byimazeyo inshuti n’umuryango ndetse umwifuriza iruhuko ridashira.

Ingabire ni impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu by’umwihariko akaba yaragaragaje umwihariko mu kurengera uburenganzira bw’abagore.Ni umwe mu bantu 20 bashinze Transparency International Rwanda mu mwaka wa 2004, ariko yatorewe kuwuyobora mu mwaka wa 2015.

Ubuzima bw’ubuto

Mu biganiro  yagiranye agirana n’ibinyamakuru bitandukanye, Ingabire yavuze ko yashegeshwe kandi ko yakuranye igikomere cy’ubuzima bw’ubuhunzi yanyuzemo ari nabyo byamuremyemo umutima wo kwanga urunuka akarengane na ruswa.Agitangira guca akenge, Ingabire nibwo yamenye ko igihugu we n’umuryango we babagamo cy’u Burundi atari icyabo ndetse kuva ubwo atangira guhirimbanira kuzataha mu gihugu cye akanacyitangira mu mbaraga n’ubumenyi bwe bwose.

Nubwo yakuriye i Burundi aho umuryango we wari warahungiye, yahoranaga indoto zo kuzatura mu Rwanda kuko yari yararambiwe ubuzima bwo guhora atotezwa no kudahabwa uburenganzira busesuye mu gihugu kuko yari akwiye kuko yari impunzi.

Ingabire yize amashuri abanza n’ayisumbuye mu Burundi, akomereza Kaminuza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari na ho yavuye mu 2001 ataha mu Rwanda.Yakuze yiyumvamo kwiga amategeko ntibyamukundira kubera ubuhunzi. Yize indimi mu mashuri yisumbuye bimuviramo kwiga itangazamakuru muri Kaminuza atari ryo yifuzaga gusa mu cyiciro cya Gatatu yize mu Bufaransa mu ishami rya Political Science n’amategeko.

Imirimo yakoze

Ingabire ni umwe mu bantu 20 bashinze Transparency International Rwanda mu 2004. Mu 2015, yatorewe kuyobora uyu muryango muri manda ye ya kabiri.

Yigeze ati “Mbere yo kuza muri Transparency International Rwanda nakoze mu bigo byinshi ariko hose ahanini narebaga ku burenganzira bw’umugore ndetse naharanira ko bagera ku iterambere rihamye.”“Nakoze muri ORINFOR igihe kirekire, nkora mu bitangazamkuru byandika bitandukanye, nakoze muri Pro Femmes Twese Hamwe, IBUKA n’indi miryango y’abagore itegamiye kuri Leta”

Mu mvugo ye umunsi ku munsi, yangaga ikibi, akacyamagana ku karubanda, ibintu byatumaga rimwe na rimwe abantu bavuga ko ari umunyamahane. Yigeze kuvuga ko ababibona gutyo, baba bamufashe nabi.

Ati “Ni ukuri aho abantu baba bamfashe uko ntari kuko ubanza batekereza ko ntavugirwamo ahanini kubera akazi nkora kansaba gufata imyanzuro ikarishye, naho ndi umuntu usanzwe wiyoroshya ndetse unaca bugufi cyane. Nta mahane ngira habe na mba n’ikimenyimenyi kuva navuka nta muntu turarwana”.Mu buzima bwe yagenderaga ku ntego eshatu ari zo gusenga, kubaha no kudacika intege.