Lubero:Imirwano yongeye kubura hagati ya Wazalendo na UPDF/FARDC
Imirwano ikaze yongeye kubura muri teritwari ya Lubero hagati y’abarwanyi ba Mai Mai Wazalendo n’igisirikare cya Uganda UPDF gifatanyije n’igisirikare cya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo FARDC nk’uko Gen Maj Muhoozi Kainerugaba yaraherutse kubitangaza,iyi mirwano ikaba ibaye ku nshuro ya Kabiri muri iki Cyumweru.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Kamena 2025 nibwo humvikanye urusasu rw’intwaro nini ,mu bice bya teritwari ya Lubero aho Mai Mai ibarizwa mu mutwe wa Wazalendo yarasanaga na UPDF na FARDC muri localite ya Muhora aho ihuriro ry’ingabo za Uganda n’iza FARDC bashakaga kwirukana abarwanyi ba Wazalendo muri ibi bice bamazemo iminsi bakora ubwicanyi.
Amakuru ava muri bino bice avuga ko ibintu bikimeze nabi ,kuko abaturage benshi bavuye mu byabo kubera iyo mirwano bakaba bahungiye mu bice bizera ko bitekanye.
Kuri uyu wa Gatandatu ingabo za Repubulika iharanira demokarasi ya Congo (FARDC) n’ingabo za Repubulika ya Uganda(UPDF)bagabye ibitero bikomeye kuri Mai Mai Wazalendo bakoresheje amabombe mu midugudu ya Vulinda na Ngovole werekeza ku gasozi ka Muhola mu mugambi wo gusenya ibirindiro bya Mai Mai biri kuri uyu musozi.
Abaturage kubera imirwano ikomeye bahungiye muri Mambira centre ,Muhangi,Vusambe abandi bajya Butembo ,imirwano nkiyi yaherukaga kuwa Kane,tariki ya 26 Kamena 2025,aho yabereye kuri axe Byambwe-Masingi,kuva iyi mirwano itangiye ibiciro by’ibiribwa bikenerwa buri munsi byariyongereye cyane muri Butembo.
Abaturage bavuga ko aka gace ka Lubero ari indiri y’imitwe myinshi yitwaje intwaro ariko bikaba bigirwamo uruhare na bamwe mu bategetsi ba RDC ,banavuga ko nka ADF imaze kwica abantu barenga 1500 mu mwaka umwe,abana barenga 500 bashyizwe mu gisirikare niyi mitwe ku mbaraga.