Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zatangaje ko perezida Maduro azaburanishirizwa muri Amerika
Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio, yatangaje ko Perezida Maduro wa Venezuela azaburanishirizwa muri Amerika. Ni nyuma y’amasaha make Trump atangaje ko uyu mukuru w’igihugu yafashwe n’ingabo za Amerika.
Visi Perezida wa Venezuela, Delcy Rodríguez yavuze ko kugeza ubu batazi aho Amerika yajyanye Perezida Maduro n’umugore we, Cilia Flores.
Mu gitero igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika cyagabye muri Venezuela cyanahitanye minisitiri w’ingabo wiki gihugu Vladimir Padrino Lopez akaba yapfiriye mu rugo rwe.