EUGENE OFFICIAL

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifatanyije na Israel mu bitero ku byanya bya nikeleyeri bya Irani, bikaba bishobora gutera intambara nini kurushaho.
AMAKURU MU MAHANGA POLITIKE UMUTEKANO

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifatanyije na Israel mu bitero ku byanya bya nikeleyeri bya Irani, bikaba bishobora gutera intambara nini kurushaho.

Jun 22, 2025

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifatanyije na Israel mu bitero ku byanya bya nikeleyeri bya Irani, bikaba bishobora gutera intambara nini kurushaho.

 

Ku mugoroba wo ku wa gatandatu, Perezida Donald Trump yagejeje ijambo ku gihugu avuga ko indege za gisirikare za Amerika zagabye ibitero bikomeye cyane ku byanya bitatu bya nikeleyeri muri Irani, akavuga ko “byarimbuwe burundu”.

 

Yihanangirije Irani ko niramuka yanze kwemera amahoro, bazakomeza kuyitera.

 

Ibitero byakozwe hifashishijwe indege zidasanzwe za B-2 Stealth Bombers, indege zifite ubushobozi bwo kwihisha mu kirere, ziba mu mabanga akomeye y’ingabo za Amerika, kandi zigize igice cy’ingenzi mu buryo bwo kurinda igihugu binyuze mu buhanga bwa nikeleyeri.

 

Ni bwo buryo Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigaragaje ku mugaragaro ko zinjiye mu rugamba Israel yatangije rwo gusenya ubushobozi bwa Irani bwo gukora intwaro za nikleyeri.

 

Trump yavuze ati: “Ibikorwa bikomeye byo kongera ubushobozi bwa nikeleyeri bya Irani byarimbuwe burundu. Irani, ikigaragaza nk’igisambo cy’Uburasirazuba bwo hagati, igomba kwemera amahoro. Nibatabikora, ibitero bizakurikiraho bizaba bikomeye kurushaho kandi byihuse.”

 

Iki gikorwa ni cyo gihamya ya mbere y’uburyo ingabo za Amerika zagiye mu mirwano ku butaka bwa Irani mu myaka myinshi ishize. Byateye ubwoba ko intambara ishobora kwaguka, hakinjira imitwe y’intambara ifasha Irani, bishobora gushyira ingabo za Amerika mu kaga no guhungabanya isoko y’ibikomoka kuri peteroli.

 

Trump yongeye ati: “Mu myaka 40 ishize, Irani yagiye ivuga ngo ‘urupfu kuri Amerika, urupfu kuri Israel’. None, ni amahoro cyangwa se hazabaho akaga gakomeye kurusha ibyo twabonye mu minsi 8 ishize.”

 

Yongeye kuburira Irani ko ibitero bishya bishobora gukurikiraho, agira ati:

 

“Iki gitero cy’ijoro ni cyo cyari kigoye cyane, kandi gishobora kuba ari cyo cyahitanye benshi. Ariko niba amahoro atabonetse vuba, tuzakurikizaho ibindi bigo byinshi muri byo bishobora kwangizwa mu minota mike.”

 

Trump yashimiye Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, ati

“Twakoze nk’ikipe isanzwe idashoboka.”

 

Yasoje agira ati: “Imana ihe umugisha Uburasirazuba bwo hagati. Imana ihe umugisha Israel. Imana ihe umugisha Amerika.”

 

Ku rukuta rwe rwa X, Perezida Donald TRUMP yanditse ati: Twashoje igitero cyacu cyagenze neza cyane ku byanya bitatu bya nikeleyeri muri Irani, birimo Fordow, Natanz, na Esfahan.

Indege zose zavuye mu kirere cya Irani. Ibisasu byinshi cyane byatewe ku kigo nyamukuru, Fordow. Indege zose ziragaruka amahoro.

Turashimira intwari zacu z’Abanyamerika. Nta kindi gisirikare ku isi cyari kubikora nk’ibi. IKI NI IGIHE CY’AMAHORO! Murakoze ku bw’icyo mwitayeho.

Muri ibyo bigo bitatu byasenywe burundu n’indege za Leta zunze ubumwe za Amerika; ikitwa Fordow, ni ikigo gikomeye cya nikleyeri cyubatse munsi y’umusozi hafi y’umujyi wa Qom.

 

Natanz, ni icyicaro kinini kirimo ibikoresho byo kongera uranimumu.

 

Isfahan, ni kigo bivugwa ko cyarimo uranimumu itunganywa mu buryo bugezweho.

 

Israel yari imaze icyumweru igabye ibitero ku bikoresho biri hejuru y’ubutaka (surface) i Natanz.

 

Abategetsi ba Israel bari barabwiye Trump ko Irani iri hafi kugera ku rwego rwo gukora intwaro za nikeleyeri.

 

Netanyahu yabwiye Trump ko Irani iri kwihuta. ko aricyo gihe cyo kubihagarika, ko nta muntu ushobora kwemera Irani ifite intwaro za nikeleyeri .

 

Iran yavuze ko idashobora kwemera ko ibyo yagezeho mu buhanga bwa nikeleyeri bwazirikanwe nk’amaraso y’abitangiye ubwo bushakashatsi, bipfubye.

 

Inteko ishinga amategeko ya Amerika, bamwe mu badepite n’abasenateri bavuze ko ibi bitero bidafite uburenganzira bwemewe n’amategeko (unconstitutional).

 

AOC (Rep. Alexandria Ocasio-Cortez): yavuze ko ibi bitero ari ugukandagira Itegeko Nshinga kandi bishobora kuba impamvu yo kweguza Perezida (impeachment).

 

Nta gihamya cyemeza ko hari uranium (nikeleyeri) yasandaye cyangwa ko hari imyuka ya radioactive yageze mu kirere.

 

Icyakora, abasesenguzi bavuga ko kurasa kuri Fordow bishobora kugira ingaruka ku bidukikije n’ubuzima bw’abantu.

 

Irani, n’imitwe iyishyigikiye nka Houthi (muri Yemen) bishobora kwihorera.

 

Iki gikorwa ni intambwe ikomeye kandi iteye impungenge mu karere kose.

 

Gishobora gutuma haduka intambara nini hagati y’ibihugu by’Abarabu, Israel, na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

 

Nubwo Trump avuga ko ari intambwe iganisha ku mahoro, abenshi babibona nk’imbarutso y’intambara ndende.

 

Uruhare rwa Israel mu bitero ku byanya bya nikleyeri bya Irani: Israel ni cyo gihugu cya mbere cyatangije ibitero ku bigo bya nikeleyeri bya Irani mu cyumweru cyabanjirije ibitero bya Amerika. Impamvu:

 

Israel ibona Irani nk’umwanzi wayo ukomeye mu karere.

 

Yemeza ko Irani ishobora gukora intwaro za nikleyeri ikazazikoresha ku gihugu cya Israel.

 

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yabwiye Trump ko Fordow na Natanz ari “umutima w’umushinga w’Irani wo gukora intwaro za nikeleyeri”.

 

Netanyahu yari amaze igihe asaba Trump kugira icyo akora kuko Israel ubwayo itaragira ubushobozi buhagije bwo kurimbura ibyo bigo bikomeye cyane byubatse mu misozi (nk’i Fordow).

 

Bityo, Amerika yinjiye mu gikorwa Israel yari yaratangije, kugira ngo kibashe kurangiza ibitero ku rwego ruhambaye, bifashishije ubuhanga n’intwaro ziremereye za Amerika (nk’indege za B-2 na bombe za 30,000 lbs).

 

Uburyo Irani ikoresha uranium n’impamvu bivugwa ko ari ikibazo:

Uranium ni ikinyabutabire gishobora gukoreshwa mu buryo bubiri:

Uranium isanzwe (3-5%)  ikoreshwa mu mashini zitanga ingufu z’amashanyarazi (nko mu bikorwa by’amahoro).

 

Uranium yatejwe imbere (60-90%), ikoreshwa mu gukora intwaro za nikeleyeri.

 

Uko Iran ibigenza:

Iran ivuga ko igamije gusa gutanga ingufu (amashanyarazi) ku baturage bayo.

 

Ariko raporo za IAEA (Ishami rya LON rishinzwe ibibazo bya nikeleyeri) zagaragaje ko Irani ifite uranium iri ku gipimo cya 60%, hafi kugera kuri 90% ikoreshwa mu ntwaro.

 

Iran ifite kandi ibyuma byihuta bikora centrifuge (bitunganya uranium), bishobora gutunganya uranium y’intwaro mu cyumweru kimwe. Ibi nibyo byateye impungenge, kuko nta kindi gihugu gikora uranium ya 60% ngo kibe kitagambiriye gukora intwaro.

 

Ingaruka z’ibyo bitero ku Rwanda cyangwa Afurika

Ingaruka zishoboka:

  1. a) Ubukungu n’ibikomoka kuri peteroli: Irani ni kimwe mu bihugu bitanga petroleum (essence, mazutu) byinshi.

 

Iyo hatangiye intambara cyangwa ibitero mu gace kayo, ibiciro bya peteroli byiyongera ku isoko mpuzamahanga.

 

Ibi bishobora gutuma ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bizamuka no mu Rwanda n’ahandi muri Afurika, bikagira ingaruka ku mibereho y’abaturage.

 

  1. b) Amahoro mu karere k’Abarabu:

Afurika y’Iburasirazuba (harimo n’u Rwanda) ifitanye imikoranire n’akarere ka Middle East (nko muri Arabie Saoudite, UAE, Qatar…). Intambara nini yahungabanya ubucuruzi, abakozi b’Abanyarwanda bakorera muri ibyo bihugu, ndetse n’ubufasha bushobora kuba buhagaritswe.

 

  1. c) Impungenge za nikeleyeri:

N’ubwo Irani iri kure, igihe haba harabayeho gusandara kwa uranium cyangwa radioactivité, amahumbezi ashobora kugera no ku bice bindi binyuze mu kirere.

 

IAEA yatanze impuruza ko ibitero nk’ibyabaye ku kigo nka Fordow bishobora kugira ingaruka ku bidukikije ndetse no ku buzima bw’abaturage, kabone n’ubwo baturiye kure.

 

Ibi bitero byashyize isi ku muryango w’intambara ishobora gusatira ikarere hose.

 

Afurika (harimo n’u Rwanda) ntishobora kwirengagiza izi ngaruka mu bijyanye n’ubukungu n’umutekano.

 

Ni ngombwa gukurikiranira hafi uko Iran izihorera, niba amahanga azafata icyemezo cy’amahoro, cyangwa niba bizakurura Intambara ya 3 y’Isi (mu buryo butaziguye cyangwa ubw’ibanga).