Leta y’Uburundi ihakana ibivugwa na TV5 Monde ivuga ubucuruzi bw’abantu n’ubuja bukorerwa abarundikazi muri Arabia Saoudite.
Leta y’Uburundi ihakana ibivugwa na TV5 Monde ivuga ubucuruzi bw’abantu n’ubuja bukorerwa abarundikazi muri Arabia Saoudite.

“Baracuruzwa nk’ibintu”, umurundikazi aratabaza avuye muri Arabia Saoudite
Leta y’Uburundi yamenyesheje ko yagaye ibyasohowe na televiziyo TV5 Monde, by’uko hari abarundikazi boherezwa muri Arabia Saoudite kugira bakore, ariko bagasanga bajyanywe mu bucakara n’ibikorwa bidakwiye ikiremwa muntu.
Iyo nkuru ivuga ko ibihumbi by’abarundikazi bamaze kujyanwa muri Arabia Saoudite biciye mu masezerano y’umurimo, ariko bamwe muri bo bagashyirwa mu miryango ibakoresha nabi, bakabuzwa uburenganzira, bagakubitwa cyangwa bagafungirwa mu nzu.
“Abo barundikazi ntibari gukora gusa, bari mu kaga. Bamwe barafunzwe, barakubiswe, kandi nta nzira yo gutahuka bafite,” niko umwe mu banyamuryango b’amashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu yabitangaje.
Iyo nkuru inavuga ko amashyirahamwe afite aho ahurira n’abategetsi bakomeye mu Burundi, nka Reverien Ndikuriyo na Angeline Ndayishimiye, yaba afite uruhare mu gutuma abo barundikazi boherezwa muri ayo mahanga.
Leta irabihakana ivuga ko ayo makuru ari ibinyoma byateguwe mu nyungu za poritike.
Ariko, ukuri kw’ibyabaye kuri bamwe muri abo barundikazi kurimo kurashyirwa ahabona. Mu mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga, umurundikazi aratabaza, avuga ko yagiye gukora ariko asanga ahindutse nk’ufungiwe mu nzu kandi ahura n’ingorane.
Imvugo ziganisha ku bategetsi
Amwe mu mashyirahamwe aravugwa mu nyandiko ya TV5 Monde ko afite uruhare muri ubwo bucuruzi bw’abantu, ngo yaba afitanye isano yihariye na bamwe mu bategetsi bakomeye.
Abari inyuma y’iryo sesengura bavuga ko aba barundikazi babeshywa n’ibigirwamana by’imirimo, ariko iyo bageze mu mahanga bagatereranwa, bakabura n’uwo babaza.

IJAMBO RY’UMUHANGA
“Twatoye impyisi tuziragiza intama, hanyuma intama zitangiye kubura dutangira kwibaza impamvu.”
Prof. Patrick Lumumba, umuhanga mu mategeko w’Umunyakenya
Ibyashyikirijwe na Leta y’Uburundi
Ibiro bya minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu (by’Ubushikiranganji bw’Intwaro yo Hagati) na minisiteri y’ububanyi n’amahanga ( n’Ubushikiranganji bujejwe abarundi baba mu mahanga) byamaze kuvuga ko iyo nkuru ari ibinyoma bidafitiwe ibyemezo, bongera kuvuga ko imigambi yo kohereza abakozi mu mahanga ikurikiranwa neza n’amategeko.
Ariko ntibigeze batangaza icyo batekereza ku baturage bamaze gutaha bavuga ko bakorewe amabi.
Amashyirahamwe mpuzamahanga n’ayo mu gihugu cy’Uburundi arasaba ko habaho amaperereza yigenga, kandi abagore bashoboye gutahuka bafashwe gusubira kwiyubaka no gukira ihungabana bahuye naryo.