EUGENE OFFICIAL

Kivu y’Amajyepfo umutwe wa m23 wigaruriye utundi duce dushya muri teritwari ya Walungu na Kabare
AMAKURU MU MAHANGA UMUTEKANO

Kivu y’Amajyepfo umutwe wa m23 wigaruriye utundi duce dushya muri teritwari ya Walungu na Kabare

Aug 3, 2025

Umutwe wa m23 wongeye kwigarurira utundi duce dushya muri teritwari ya Walungu na Kabare mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo,utu duce twigaruriwe n’uyu mutwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 02Kanama 2025 mu mirwano yashyamiranyije abarwanyi ba m23 nabarwana kwihuriro rya guverinoma ya Kinshasa.

Imirwano ikaze yabaye kuri uyu wa Gatandatu aho umutwe wa FDLR,Wazalendo,FNDB na FARDC bagabye ibitero bitandukanye ku barwanyi b’umutwe wa m23 ,izi ngabo zirwanya ku butegetsi bwa Kinshasa zaturutse muri Parike ya Kauzi Biega muri teritwari ya Kabare ndetse iri huriro rinagaba ibindi bitero ku mutwe wa m23 ryari rifite ibirindiro muri teritwari ya Walungu birangira abarwanyi ba m23 barushije imbaraga ihuriro rya Leta ya Kinshasa maze bakwa uduce dushya tubiri.

Nyuma yuko umutwe wa m23 ukubise inshuro ingabo zirwana ku butegetsi bwa Kinshasa agace ka Munzizi gaherereye muri teritwari ya Walungu kahise kigarurirwa na m23 ndetse n’akandi gace ka Kamakombe gaherereye muri teritwari ya Kabare nako kahise kigarurirwa na m23.

Mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru hashize igihe hari imirwano ikomeye hagati yiyi mitwe ya Wazalendo na FDLR bahanganye n’abarwanyi ba m23.

Umutwe wa m23 wigaruriye utu duce dushya nyuma yuko Twirwaneho itangaje ko yagabweho ibitero n’ingabo zihuriro rya Kinshasa birangira ibashije kurisubiza inyuma maze igira nabo ifata ku ruhande rw’ingabo za FARDC na FNDB aho uyu mutwe wavuze ko uzaberekana igihe n’ikigera.