EUGENE OFFICIAL

Iran na Israel mu Ntambara y’Ikoranabuhanga: Intwaro n’Ubwirinzi bugezweho biri hagati mu makimbirane
AMAKURU POLITIKE

Iran na Israel mu Ntambara y’Ikoranabuhanga: Intwaro n’Ubwirinzi bugezweho biri hagati mu makimbirane

Jun 23, 2025

Mu gihe ibihugu bibiri bikomeye mu Burasirazuba bwo Hagati, Iran na Israel, bikomeje guterana amagambo n’ibisasu, uburyo bugezweho mu gukoresha intwaro n’indege z’intambara nibwo bugena uko ibibera ku rugamba bigenda. N’ubwo igihugu gishobora kugira abasirikare benshi kandi b’intwari, igihe kidafite ibikoresho bijyanye n’igihe, ntigishobora guhagarara gitamaje imbere y’umwanzi wifitemo ikoranabuhanga rihanitse.

Ubushobozi bw’indege z’intambara

Israel izwi nk’igihugu gifite kimwe mu bigo by’ingabo bifite ubushobozi bwo hejuru mu gucunga ikirere. Ifite indege z’intambara zigera kuri 600, aho hafi 40% zazo ari izigezweho zifite ikoranabuhanga rihambaye. Muri izi harimo:

F-15 na F-16, zose zaturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika

F-35, imwe mu ndege zigezweho ku Isi, ikaba ari na yo Israel yakoresheje mu bitero byayo bikomeye muri Iran

Ku rundi ruhande, Iran ifite indege zigera kuri 400, ariko zitarenga 150 gusa nizo zifite ubushobozi bwo kwitabazwa mu ntambara. Izo ndege zirimo:

F-4 (ikomoka muri Amerika)

MiG-29 na Su-22 (zikomoka mu Burusiya)

Zose zubatswe hagati y’imyaka ya 1960 na 1990, bityo ntizifite ikoranabuhanga rigezweho nk’iryo Israel ifite. Mu rwego rwo guhindura isura y’ubwirinzi bwo mu kirere, Iran yohereje abapilote bayo mu Burusiya kwiga gukoresha indege Su-35, zimwe mu zifite ubushobozi bwo guhangana n’ibyogajuru n’indege z’ikoranabuhanga.

Intwaro za misile: Iran igerageza kwisuganya

Mu gihe Israel yihariye indege zigezweho, Iran nayo ifite igisirikare gikomeye mu bijyanye na misile. Ibihugu byinshi bivuga ko Iran ifite misile zirenga ibihumbi 40, nubwo iyi mibare itigeze yemezwa n’ubutegetsi bw’icyo gihugu.

Fattah-1: Misile yashyizwe hanze muri 2023, ishobora gutwara intwaro zikomeye zirimo n’izifite ubushobozi bwa kirimbuzi. Iyi ntwaro ishobora kugenda inshuro 13 kurusha umuvuduko w’ijwi.

Haj Qassem: Iyi misile, yitiriwe Gen. Qassem Suleimani, ishobora kugenda mu Isanzure ikagaruka ku Isi, igatera ku muvuduko uruta uw’ijwi inshuro 5–12, bikayigira imwe mu ntwaro ziteye ubwoba.

Gusa, nubwo ubwinshi bwa misile ari bwinshi, ntabwo zose zifite ubushobozi bwo kwirinda radar n’ubundi buryo bw’ubwirinzi bukoreshwa na Israel.

Israel nayo ifite ibikangisho bikomeye

Israel ntabwo irebera. Ifite misile zirenga 700, zirimo:

Predator Hawk

Jericho-3, ishobora kugera ku ntera ya kilometero 6000

Mu bitero biherutse, Israel yakoresheje indege 200, irasa misile zirenga 300 ku bibanza birenga 100 muri Iran.

Ubwirinzi bwo mu kirere: Ukuri kuri Iron Dome na Bavar

Israel izwiho kuba ifite uburyo bwo hejuru mu bwirinzi bwo mu kirere, harimo Iron Dome, kimwe mu bikoresho bihambaye byifashishwa mu gutera utwuma two gutera hasi ibisasu biri mu kirere. Ifite kandi ubundi bwirinzi yahawe na Amerika.

Iran, nayo ifite ubwirinzi nka Bavar-373 na S-300PMU2 yaguzwe mu Burusiya. Ariko, mu ntambara iherutse, ibyinshi muri ibi bikoresho byangijwe na Israel, bigabanya ubushobozi bwayo bwo kurinda ikirere cyayo.

Ubu buryo bwose bwifashishwa hagati ya Iran na Israel bwerekana ko intambara z’iki gihe zitagishingira gusa ku mubare w’ingabo, ahubwo zishingiye ku mikoranire y’ikoranabuhanga, ubwenge, n’ubushobozi bwo guhangana mu kirere no hasi. Israel iragaragara nk’ifite ubushobozi buhambaye, ariko Iran nayo ikomeje kwiyubaka, cyane cyane mu byerekeye misile. Iyo ntambara ikomeje kurushaho kuba ndende, yinjijwemo ikoranabuhanga n’ubuhanga buhanitse mu bya gisirikare.