EUGENE OFFICIAL

Imirwano ikaze izindukiye mu gace ka Point Zero hagati ya Twirwaneho na Fardc
AMAKURU MU MAHANGA

Imirwano ikaze izindukiye mu gace ka Point Zero hagati ya Twirwaneho na Fardc

Feb 18, 2026

Amakuru  aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe, Fizi na Mwenga, aravuga ko kuri uyu wa Gatatu tariki ya 18/02/2026, hazindukiye imirwano ikaze mu nkengero za centre ya Point Zero, ahari guhangana umutwe wa MRDP-Twirwaneho n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’ingabo z’u Burundi, Wazalendo, FDLR ndetse n’abacanshuro.

Nk’uko amakuru abitangaza, imirwano yatangiye ahagana saa kumi n’imwe z’urukerera (05:00), aho abaturage batuye mu misozi ya chaîne de Mitumba bavuga ko bumvise urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje rwiganje mu marango y’unamiye umujyi wa Minembwe.

Yakomeje avuga ko mu bice bya Nyaruhinga na Mukoko, ugana kuri Point Zero, hakomeje kumvikana urusaku rw’amabombe menshi n’imbunda nini zizwi nka “twelve”, byerekana ubukana bw’imirwano iri kubera muri ako gace.

Amakuru ava ku ruhande ruri hafi y’ibikorwa bya gisirikare aravuga ko MRDP-Twirwaneho yaba iri hafi gufata centre ya Point Zero, ahantu hafite akamaro kanini mu bijyanye n’imihahirane n’imigendekere y’ingabo, kuko ari ho hahurira inzira zerekeza mu Mikenke, mu Minembwe n’i Fizi.

Igenzura ry’imirwano muri aka karere rigaragaza ko gufata Point Zero byaba ari intambwe ikomeye mu guhindura isura y’intambara iri kubera mu misozi y’i Mulenge no mu nkengero zayo, kuko ari ihuriro ry’inzira z’ingenzi zikoreshwa mu gutanga ubufasha no kwimura ingabo.

Hari kandi amakuru avuga ko bamwe mu barwanyi bari ku ruhande rwa FARDC, barimo abasirikare b’u Burundi, Wazalendo na FDLR, batangiye gusubira inyuma berekeza mu duce twa Mulima, Nguli no mu Bibogobogo muri teritwari ya Fizi. Icyakora, ayo makuru aracyakeneye kwemezwa n’impande zombi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *