Ihuriro rirwanya ubutegetsi bwa perezida Tshisekedi ryamushinje kubangamira agahenge
huriro rya Afc/m23 rirwanya ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi ryamushnje kubangamira agahenge yohereza indege za drone kurasa mu bice bigenzurwa niri huriro.
Umuvugizi wa Afc/m23 bwana Lawrence Kanyuka mu itangazo yasoye kuwa 16 Gashyantare 2026 yashinje ingabo zirwana k’uruhande rw’ubutegetsi bwa Kinshasa ko bwakoresheje indege zitagira abapilote(drones) zikarasa mu bice bituwe n’abantu benshi birimo Minembwe ahitwa Mihana,Rubemba na Bicumbi,aha akaba ari muri Hauts Plateaux, uyu muvugizi kandi akaba yanavuze ko ibindi bice byibasiwe n’ibitero bya drone ari ibice bya Katoyi (Masisi),yanagaragaje ko muri teritwari ya Kabare naho ihuriro rya leta naho ryaharashe ahitwa Mulumemunene.
Umuvugizi wiri huriro rya AFC/M23 yagaragaje ko ibi bikorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa bibangamiye agahenge kasinyiwe i Doha kandi bibangamiye n’uburyo bwose bwagiye buteganywa n’abahuza ngo habe haboneka igisubizo ku bibazo biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Iri tangazo ryakurikiwe nandi makuru avuga ko umutwe wa Twirwaneho wabashije giuhanura drone 2 muzari zirikurasa mu bice bya Minembwe.

Hashize igihe kigera ku byumweru bibiri imirwano ikaze ishyamiranyije abarwanyi b’umutwe wa Twirwaneho ukorana n’umutwe wa M23 n’ingabo zirwana k’ubutegetsi bwa Kinshasa arizo igisirikare cy’igihugu cy’u Burundi,igisirikare cy’igihugu cya Tanzania,igisirikare cya Fardc,umutwe w’iterabwoba wa Fdlr ,umutwe wa Wazalendo n’abacancuro ba Black Water bafatanyije n’abandi bakomotse mu gihugu cya Israel hamwe n’abarimu b’ingabo za RDCongo bakomoka mu gihugu cy’Ubufaransa n’Ububiligi.

Perezida Tshisekedi yaraherutse gusora itangazo ryemerera perezida wa Angola ko azubahiriza agahenge kasabwe niki gihugu nubwo umutwe wa m23 wateye utwatsi ako gahenge kasabwe na perezida wa Angola.


