Igisirikare cya Tanzania nticyumviswe n’abigaragambya
Ni umunsi wa gatatu w’imyigaragambyo ku banya-Tanzania, bigabije imihanda bamagana amatora y’umukuru w’igihugu , banze kumva ibyo basabwe n’ubuyobozi bw’ingabo muri Tanzania busaba ko ihagarara.
Abigaragambya biganjemo urubyiruko bavuga ko amatora yabaye atanyuze mu mucyo kuko abanyapolitiki benshi batavuga rumwe n’ubutegetsi bafunzwe abandi bakavanwa ku rutonde rw’abiyamamaza.
Umugaba w’Ingabo za Tanzania, Gen. Jacob John Mkunda, yavugiye kuri Televiziyo y’igihugu ko inzego z’umutekano ziri gukorana kugira ngo zigarure ituze mu gihugu asaba abari kwigaragambya kubihagarika.
Ati “Abantu bamwe bigabije imihanda ku wa 29 Ukwakira bakora ibikorwa bigize ibyaha. Abo ni abanyabyaha kandi ibikorwa bigize ibyaha bigomba guhagarara”
Imyigaragambyo yarushijeho gukara ubwo Komisiyo y’Amatora yatangazaga ko Samia Suruhu Hassan yagize amajwi 95% mu gace ka Mbeya.
Abigaragambya banze kumva ibyo igisirikare cyabasabye, bakomeza imyigaragambyo mu mijyi itandukanye mu gihugu.
Kuri ubu muri Tanzania, internet yakuweho, n’ibitangazamakuru bitandukanye ntibikora, bituma bidashoboka kumenya ibibera muri iki gihugu.
Nk’urugero urebye The Citizen yo muri Tanzania usanga inkuru baheruka gushyiraho ari iyo ku wa 29 Ukwakira 2025 ubwo amatora yari agitangira.
Umuvugizi w’Ishami rya Loni rishinzwe uburenganzira bwa muntu, Seif Magango, yasabye inzego zishinzwe umutekano muri Tanzania guhagarika ikoreshwa ry’ingufu z’umurengera.
Leta yasabye abakozi ba Leta n’abikorera gukorera mu rugo kubera imyigaragambyo.
Byitezwe ko Perezida Suruhu Hassan azatsinda amatora. Ni mu gihe muri Zanzibar, Hussein Mwinyi w’ishyaka CCM ari we watsinze amatora n’amajwi 80%.
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bamaganye ibyavuye mu matora bavuga ko habayeho uburiganya.