EUGENE OFFICIAL

Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zagabye igitero muri Venezuela
AMAKURU MU MAHANGA

Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zagabye igitero muri Venezuela

Jan 3, 2026

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yategetse igisirikare kugaba ibitero muri Venezuela ndetse no ku murwa mukuru wayo Caracas no ku bigo bya gisirikare, nyuma anatangaza ko bataye muri yombi Perezida Maduro w’iki gihugu.

Ibi ni byo bitero bya mbere bikomeye Amerika ikoze ku mugabane wa Amerika y’Epfo kuva nyuma y’intambara y’ubutita mu myaka ya za 1990.

Ibi bitero bya Amerika byatumye abaturage b’iki gihugu bashya ubwoba, ndetse bigitangira Perezida Nicolás Maduro yamaganye “ubushotoranyi bwa gisirikare” bwa Amerika kandi atangaza ibihe bidasanzwe mu gihugu.

Amashusho yerekanye umwotsi mwinshi uzamuka mu bice bitandukanye by’umurwa mukuru Caracas.

Umwe mu babonye ibi bitero yabwiye BBC News ati: “Umutima wanjye warimo utera cyane n’amaguru yanjye arimo gutitira”.

Ibi bibaye nyuma y’uko ibihugu byombi bimaze iminsi bishyamiranye, ahanini kubera ibirego Washington ishinja Caracas byo gushyigikira ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge.