EUGENE OFFICIAL

Ibigezweho mu matora ya Uganda n’uburyo Museveni ashobora kwegukana itsinzi
AMAKURU MU MAHANGA POLITIKE

Ibigezweho mu matora ya Uganda n’uburyo Museveni ashobora kwegukana itsinzi

Jan 17, 2026

Mu gihe habura amasaha make ngo Komisiyo y’Amatora muri Uganda itangaze ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu, imibare iri kugaragaza ko nta gihindutse yegukanwa na Yoweri Kaguta Museveni kandi ku kinyuranyo kinini.

Ku wa 15 Mutarama 2026 nibwo Abanya-Uganda bazindukiye mu matora y’umukuru w’igihugu ndetse n’ay’abagize Inteko Ishinga Amategeko.

Ku mugoroba w’uwo munsi hahise hatangira gutangizwa ibyavuye mu matora, bigaragara ko Museveni ayoboye abandi bakandida kandi ku kinyuranyo cyo hejuru.

Kugeza ubu Museveni w’Ishyaka National Resistance Movement (NRM) afite amajwi 73,72%, agakurikirwa na Robert Kyagulanyi w’ishyaka NUP ufite 22,66%. Ku mwanya wa gatatu hari Nathan Nandala Mafabi w’ishyaka Forum for Democratic Change (FDC) n’amajwi 1,89%.

Umwanya wa kane uriho Mugisha Muntu wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda ariko nyuma aza gushwana na Museveni yinjira mu batavuga rumwe n’ubutegetsi. Afite amajwi 0,53%. Abandi bakandida bane bose nabo nta n’umwe urabasha kugira ijwi 1%.

Amatora y’uyu mwaka yagombaga kwitabirwa n’Abanya-Uganda barenga miliyoni 21, gusa imibare igaragaza ko yitabiriwe ku kigero cya 43,9%, bivuze ko abatoye ari 9.524.709. muri aba bose Museveni amaze gutorwa n’abarenga miliyoni 6, mu gihe Kyagulanyi yatowe n’abarenga miliyoni 2.

Mu gihugu hose hari hashyizwe ibiro by’itora 50.739, ibimaze kubarura amajwi yabyo ni 69,95% bingana na 30.138.

Ushingiye kuri iyi mibare ubona ko Museveni ari bwegukane amatora y’umukuru w’igihugu kandi ku kinyuranyo kinini ugereranyije n’amajwi yari yabonye mu 2021.

Mu matora aheruka, Museveni yatsinze ku majwi 58,38 %, Robert Kyagulanyi bahanganye n’uyu munsi agira 35,08 %.

Kwiyongera kw’amajwi Museveni atsindiraho gushobora guterwa n’ibintu byinshi birimo kwiyongera kw’abamutora no gushyiraho ingamba zituma amajwi atibwa, cyane ko nyuma yo gutora yavuze ko azatsindira ku majwi 80%, kuko amatora aheruka abatavuga rumwe nawe bakoze uburiganya bakoresha izindi mpapuro z’itora i Dubai, birangira abonye amajwi make.

Ku rundi ruhande, Robert Kyagulanyi yatangiye guca amarenga yo kwanga ibyavuye mu matora.

Yavuze ko na Perezida wa Komisiyo y’Amatora muri Uganda, Simon Mugenyi Byabakama nawe ubwe atazi aho amajwi ari gutangaza yavuye.

Ati “Mwirengagize ibyavuye mu matora by’ibihimbano biri gutangazwa na Byabakama. Ntabwo yabasha gusobanurira umuntu aho ari majwi ari kuva. Abari baduhagarariye ahari kubarurirwa amajwi, inkomoko yayo, uyu mukozi w’ubutegetsi buriho ntagire icyo avuga.”