EUGENE OFFICIAL

FARDC yahakanye ko Twirwaneho ko atariyo iri kugenzura point zero
AMAKURU

FARDC yahakanye ko Twirwaneho ko atariyo iri kugenzura point zero

Feb 16, 2026

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 15 Gashyantare 2026, Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) cyemeje ko ibirindiro bya Point Zero no mu turere tuyikikije, muri Teritwari ya Fizi, Intara ya Kivu y’Amajyepfo, bikiri mu maboko yabo.

FARDC yahakanye amakuru yari akomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga avuga ko ako gace kigaruriwe n’inyeshyamba za Twirwaneho, zibarizwa mu ihuriro rya AFC/M23.

Igisirikare cya Congo cyavuze ko ayo makuru ari ibinyoma kandi gihamagarira abaturage gukomeza kuba maso nk’uko inkuru dukesha mediacongo.net ivuga.

Nk’uko itangazo ryashyizwe ahagaragara rivuga, ibirindiro by’ingenzi biri Point Zero no mu bice bihakikije ngo bikomeje kugenzurwa n’ingabo za leta zikomeje gushaka amahoro mu turere twigaruriwe.

Umuyobozi w’agateganyo w’ibikorwa bya gisirikare bya Sukola 2 muri Kivu y’Amajyepfo, Colonel Apoko Bangala Michel, yahamagariye abaturage gutuza no kugirira icyizere ingabo z’igihugu.

Yashimangiye ko FARDC yiyemeje gukomeza ibikorwa kugeza igihe ubuyobozi bwa Leta buzasubizwa mu turere twashegeshwe n’intambara.

point zero

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *