EUGENE OFFICIAL

Donald Trump yahaye Vladimir Putin iminsi 50 yo kurangiza intambara muri Ukraine.
AMAKURU MU MAHANGA POLITIKE UMUTEKANO

Donald Trump yahaye Vladimir Putin iminsi 50 yo kurangiza intambara muri Ukraine.

Jul 15, 2025

Donald Trump yahaye Vladimir Putin iminsi 50 yo kurangiza intambara muri Ukraine.

 

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ku wa mbere tariki 14/7/2025 yatangaje ko yahaye Uburusiya ultimatum y’iminsi 50 ngo buhagarike intambara muri Ukraine, bitaba ibyo bugafatirwa ibihano bikakaye, birimo imisoro ihanitse ku bafatanyabikorwa ba Moscou. Yatangaje kandi gahunda yo kongera gutera inkunga igisirikare cya Ukraine binyuze muri NATO, harimo n’ibikoresho bihenze.

 

Zelensky yashimye inkunga ya Amerika

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yashimye icyemezo cya Trump, avuga ko “ashimira umutima we wo gushyigikira ubuzima bw’abanya-Ukraine.”

 

Trump arashinja Putin gutinza amahoro

Mu kiganiro cyabereye muri White House, ari kumwe na Umunyamabanga Mukuru wa NATO Mark Rutte, Trump yavuze ko “yababajwe” n’uko Perezida Vladimir Putin w’Uburusiya atarimo gukurikiza ibyo bumvikanyeho.

Mu ijambo rye ati “Natekerezaga ko twari twumvikanye amezi abiri ashize, ariko birasa n’aho ntacyo biratanga,” uwo ni Trump wabitangaje.

Yongeyeho ati:

“Nidutagira amasezerano mu minsi 50, bizaba byoroshye: imisoro izagera kuri 100%.”

Yavuze ko hazashyirwaho n’imisoro y’inyongera (secondary tariffs) ku bafatanyabikorwa ba Moscou, harimo Ubushinwa, Ubuhinde, Turukiya na Bielorussie.

 

 Intwaro zihenze zigiye koherezwa muri Ukraine

Trump yemeje ko miliyari z’amadolari y’ibikoresho bya gisirikare bigiye kugurwa mu Bushinwa no muri Amerika, bikoherezwa ku rugamba binyuze muri NATO.

“Ibi ni ibintu bikomeye cyane. Intwaro zitabarika zigiye koherezwa vuba,” niko Trump yavuze, yongeraho ko “nta kiguzi na kimwe Leta Zunze Ubumwe zizishyura.”

 

Rutte yavuze ko ibihugu nk’ Ubudage, Ubwongereza, Finlande, Canada, Norvège, Suède na Danemark bizagira uruhare mu kugura ibyo bikoresho, kandi ko “umuvuduko wo kubitanga” ari ingenzi mu gukurura Putin mu biganiro.

 

Ubudage buvuga ko buzagira uruhare runini

Chancellor w’Ubudage, Friedrich Merz, yavuze ko igihugu cye kizagira uruhare rugaragara mu gutera inkunga Ukraine, nk’uko bigaragara mu mugambi mushya wa NATO.

Trump yanatangaje ko sisteme za Patriot zo kurinda ikirere zigiye koherezwa mu minsi mike muri Ukraine.

 

 Umuryango w’ubumwe bw’Uburayi (EU) ntiwanyuzwe n’iminsi 50

Kaja Kallas, ushinzwe politike mpuzamahanga mu muryango w’ubumwe bw’uburayi, yavuze ko iminsi 50 ari myinshi cyane:

“Iyo minsi ni myinshi cyane mu gihe abaturage b’inzirakarengane bakomeje kwicwa buri munsi.”

 

Trump n’ubutumwa budasobanutse

Trump amaze iminsi atanga ubutumwa butavugwaho rumwe ku birebana na Ukraine. Igihe gito gishize, Pentagon yari yahagaritse kohereza intwaro muri Kyiv, ariko kuri uyu wa mbere, Trump yongeye kugaragaza ko yamaze kwisubiraho.

Yavuze ko:

“Twatekerezaga ko twumvikanye inshuro nk’enye, ariko buri gihe, Perezida w’Uburusiya akomeza kugaba ibitero.”

Yongeraho ko:

“Nkajya mbwira First Lady nti: ‘Navuganye na Vladimir uyu munsi, twagiranye ikiganiro cyiza’, agasubiza ati: ‘Oya se? Umujyi wongeye guterwa n’ibisasu.’”

 

Imirwano ikomeje kwiyongera

Mu burasirazuba bwa Ukraine, aho intambara irimo gufata indi ntera, umusirikare w’imyaka 29 witwa Adistron yabwiye AFP ko yishimiye inkunga nshya:

“Tudafite izo sisteme za Patriot, turi mu kaga. Baduhe izindi nyinshi.”

Uburusiya bukomeje intambara y’ikirere ishingiye ku bitero bya missile, aho buri cyumweru butera ibisasu byinshi kurusha icya mbere.

Ku wa Mbere, Minisiteri y’ingabo y’Uburusiya yatangaje ko yigaruriye uduce tubiri tw’abanya-Ukraine: Mayak (mu karere ka Donetsk) na Malynivka (mu gace ka Zaporizhzhia).

Mu ntara za Kharkiv na Sumy, hafi y’umupaka w’Uburusiya, nibura abaturage batatu barishwe n’ibitero byo ku wa Mbere, nk’uko byatangajwe n’abategetsi bo mu karere.