EUGENE OFFICIAL

Burundi: Imyaka 10 nyuma y’ibibazo bya politiki, ONU yatangaje raporo iteye impungenge.
AMAKURU MU MAHANGA POLITIKE

Burundi: Imyaka 10 nyuma y’ibibazo bya politiki, ONU yatangaje raporo iteye impungenge.

Jun 28, 2025

Burundi: Imyaka 10 nyuma y’ibibazo bya politiki, ONU yatangaje raporo iteye impungenge.

 

Raporo yatangarijwe i Genève, kuwa 26/2025 hasohotse raporo ivuga ko hashize imyaka icumi havutse ibibazo bikomeye bya politiki mu Burundi byatangijwe n’uwari Perezida Pierre Nkurunziza washakaga kwiyamamariza manda ya gatatu.

 

Kugeza ubu, uburenganzira bwa muntu buracyahungabana, nk’uko byatangajwe na Fortuné Gaetan Zongo, intumwa idasanzwe y’Umuryango w’Abibumbye (ONU) ishinzwe gukurikirana ibijyanye n’uburenganzira bwa muntu mu Burundi.

 

Fortuné Gaetan Zongo yatangaje ibyo ubwo yagezaga raporo ye mu nama y’uburenganzira bwa muntu yabereye mu cyicaro cya ONU i Genève.

 

Muri iyo nama yari yitabiriwe n’abadiplomate, abasesenguzi mpuzamahanga, imiryango ya sosiyete sivile n’indi mitwe yigenga, Zongo yagaragaje ko u Burundi bugifite ubutegetsi bufunze, kudahana (impunité) gukabije, no guhonyora uburenganzira bw’ibanze, n’ubwo hari icyo Leta ivuga nk’aho ibintu byasubiye mu buryo.

 

Amatora ya demokarasi ivugwa ariko idahari:

Mu byo ONU yagaragaje nk’ibiteye impungenge cyane harimo amatora yabaye ku wa 5/6/2025, yasobanuwe nk’igikorwa cya demokarasi ariko yagaragaje amakenga.

 

Ishyaka riri ku butegetsi ryatsinze ku kigero cya 96%, kinyuranye cyane n’ibyavuye mu matora y’imyaka ishize: 68% mu mwaka wa 2020 na 60% mu mwaka wa 2015.

 

Ibi byongereye impungenge ku bwisanzure n’ukuri kw’amatora.

 

Zongo yaravuze ati: “aya matora ntiyagaragaje ubwisanzure bwa politiki bufunguye. Harimo itotezwa, kubuza ubwisanzure bwa sosiyete sivile, n’akarengane kagaragara”.

 

Ibibazo byagaragajwe birimo:

Kuzuza amakarita y’itora mbere y’uko abaturage batora, abantu batora inshuro nyinshi, guhatira abaturage gutora mu buryo butemewe, kubangamira abari baje gukurikirana amatora.

 

Abadiplomate bari aho bavuze ko ibyo byabaye bisa nko kwerekana imbaraga za Leta aho kuba ibikorwa bya demokarasi nyakuri.

 

Hashize imyaka 10 havutse ibyo bibazo bya politiki, ariko abarenga 257,000 b’abarundi baracyari mu buhungiro.

 

Ku bijyanye n’ubukungu, habayeho izamuka ry’ibiciro (inflation) ryageze kuri 40,9% mu kwezi kwa 3 umwaka wa 2025.

 

Ibura ry’ibikomoka kuri peteroli rikabije,

 

Ikibazo cy’ubutaka gikomeje gukara kubera imicungire mibi.

 

Zongo yavuze ko ibi byose biterwa n’ubutegetsi bufunze no kudashobora kuyobora igihugu mu mucyo.

 

Hari kandi ikibazo cyo kunyagwa ubutaka no guhonyora uburenganzira bw’abagore.

Zongo yagaragaje ko abaturage boroheje cyane, cyane cyane abapfakazi, imfubyi, n’abaturage bo mu cyaro, bakomeje kwamburwa ubutaka bwabo.

 

Aho ni ho hagiye hagaragara kwigarurira ubutaka n’abayobozi cyangwa abasirikare bakomeye n’abantu bafite ijambo mu ishyaka riri ku butegetsi.

 

Ibi bikorwa nta kwemera kw’uwambuwe ubutaka cyangwa ingurane, bikongera akarengane no kutishira amahoro mu muryango.

 

Abagore baribasirwa cyane:

Hari ibaruwa yanditswe n’umukuru w’Urukiko Rukuru ku wa 24/3/2025, isaba ko amategeko ya gakondo akurikizwa mu mirage, bikambura abagore uburenganzira ku butaka, n’ubwo bibangamiye amasezerano mpuzamahanga igihugu cyasinye.

 

Kubangamira ubwisanzure no gukoresha ubutabera nk’igikoresho cya politiki

Zongo yagaragaje ko imiryango ya sosiyete sivile n’itangazamakuru bigihura n’ibibazo bikomeye, gufungirwa imiryango, guhatwa ibibazo, n’ibikorwa byo kuyisebya.

 

Itangazamakuru ryigenga ryaracecekeshejwe, rihabwa ibihano.

 

Iyi raporo y’Umuryango w’Abibumbye irerekana ko u Burundi bukiri mu bibazo bikomeye by’uburenganzira bwa muntu, politiki ifunze, n’ubukungu bwacitse intege, imyaka icumi nyuma y’uko ibibazo bya politiki bitangiye.

 

ONU irasaba ko habaho gufungura urubuga rwa politiki, kwimakaza ubutabera, no kurengera uburenganzira bw’abagore n’abo mu miryango iciriritse.