EUGENE OFFICIAL

Botswana iri mu bihe bidasanzwe kubera ibura ry’imiti n’ibikoresho byo kwa muganga
AMAKURU MU MAHANGA

Botswana iri mu bihe bidasanzwe kubera ibura ry’imiti n’ibikoresho byo kwa muganga

Aug 26, 2025

Perezida wa Botswana,Duma Boko, yatangaje ko igihugu kiri mu bihe bidasanzwe kubera ibura ry’imiti n’ibikoresho byo kwa muganga, bikiyongeraho ubukungu bw’igihugu bitishafe neza.

Minisitiri w’Ubuzima muri Botswana, Dr. Stephen Modise yari aherutse gutangaza ko igihugu kiri mu bihe bigoye kubera ibura ry’imiti ya Kanseri, igabanya ubwandu bwa Virus itera sida ndetse n’ifashe abarwaye igituntu.

Icyo gihe yapanze umuhuro, avuga ko Minisiteri ayoboye ifite umwenda urenga miliyari y’Aba-Pula (arenga miliyoni 55$), ibituma ubushobozi bw’iyo Minisiteri bwo kugura imiti bugabanyuka.

Leta yahise ishyiraho miliyoni 250 z’Ama-Pula agomba gukoreshwa mu kuziba icyuho, gusa Perezida Boko akavuga ko bazakomeza gushyira imbaraga mu kuvugurura uburyo imiti n’ibikoresho byo kwa muganga byinjira mu gihugu.

Kimwe mu byatumye ibintu biba bibi muri Botswana harimo n’ihagarikwa ry’inkunga yatangwaga na USAID, ikagira uruhare rurenga 30% mu kura imiti ifasha ababana n’Agakoko gatera Sida, ubu buryo bukaba bwarahagaze.

Botswana kandi ihanganye n’ibibazo by’ubukungu bishingiye ku igabanuka ry’agaciro ka ‘diamond’ ku rwego rw’Isi, kandi iryo buye ry’agaciro rikaba rigira uruhare runini mu bukungu bw’icyo gihugu.