Nyamasheke: Hagiye kubakwa hoteli zirenga 10
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke yatangaje ko mu mezi atanu ashize, aka karere kabonye igishushanyo mbonera, kamaze kwakira abashoramari barenga 10 bashaka kubaka hoteli.Yabitangaje ubwo yari yitabiriye ibirori byo guha impamyabumenyi abanyeshuri barenga 80 barangije amasomo ya serivisi za hoteli atangwa n’Ikigo Sangira Talent
Madamu Ingabire Marie Immaculée yitabye Imana azize uburwayi
Ingabire Marie Immaculée wari Umuyobozi w’Umuryango urwanya Ruswa n’Akarengane, Transparency International Rwanda, yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, azize uburwayi yari amaranye igihe. Amakuru y’urupfu rwe yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 09 Ukwakira 2025, atangajwe
Perezida Ndayishimiye Evariste yabwiye abaturage ko igihugu kidafite ubushobozi bwo gutunganya amabuye y’agaciro
Perezida Evariste Ndayishimiye ku wa 7 Ukwakira 2025 yohereje mu mahanga toni 260 z’amabuye y’agaciro, amenyesha Abarundi ko azagurishwa ku mafaranga make kubera ko nta mashini bafite yo kuyatunganya. Aya mabuye amaze amezi abiri acukurwa n’urubyiruko ruri muri gahunda yo gufashwa kubona imirimo
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yahaye ikaze abanyamuryango bo mu bihugu 93 bazitabira inama ya 46 y’Umuryango w’Ibihugu Bivuga ururimi rw’Igifaransa (OIF) mu Rwanda
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yahaye ikaze abanyamuryango bo mu bihugu 93 bazitabira inama ya 46 y’Umuryango w’Ibihugu Bivuga ururimi rw’Igifaransa (OIF) mu Rwanda. Iyi nama izabera i Kigali mu Rwanda kuva tariki ya 19 kugeza ku wa 21 Ugushyingo
Itsinda rigizwe n’urubyiruko rw’Abanyarwanda cumi na babiri baba muri Afurika y’Epfo basuye icyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda (RDF)
Itsinda rigizwe n’urubyiruko rw’Abanyarwanda cumi na babiri baba muri Afurika y’Epfo, riri mu ruzinduko rw’iminsi icumi mu Rwanda, kuri uyu wa gatatu basuye icyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda (RDF). Bakiriwe n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda Brig Gen Ronald Rwivanga, wari uhagarariye Umugaba Mukuru w’Ingabo.
RIB yafunze abantu 14 barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyabihu Mugiraneza David n’abandi bafatanyacyaha
RIB yafunze abantu 14 barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyabihu Mugiraneza David n’abandi bafatanyacyaha barimo abakozi bashinzwe amasoko, umukozi ushinzwe ubwubatsi, umukozi ushinzwe imibereho myiza, bamwe mu bayobozi b’imirenge, bamwe mu bakuriye Ibuka mu mirenge na barwiyemezamirimo. Bose bakurikiranyweho ubufatanyacyaha mu cyaha cyo
Guhora mwegeka ibibazo byanyu ku Rwanda mukirengagiza kubishakira umuti urambye sicyo kizatuma bikemuka
Ambasaderi Urujeni Bakuramutsa uhagarariye u Rwanda muri Loni no mu yindi miryango mpuzamahanga iherereye i Genève mu Busuwisi, yavuze ko kuba Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihora yegeka ibibazo byayo ku Rwanda ikirengagiza umuzi nyawo w’ibibazo by’umutekano muke muri icyo gihugu,
Madamu Jeannette Kagame yashimiwe guteza imbere ubuzima bw’abakobwa
Madamu Jeannette Kagame yashimiye Ihuriro Mpuzamahanga ry’Abaganga b’Inzobere mu kwita ku buzima bw’Abagore (FIGO) kubera igihembo ryamugeneye ku ruhare rwe mu guteza imbere ubuzima bw’abakobwa, no gushyigikira imishinga yabo, ashimira abitanga ngo bigerweho.Ni igihembo cyatangiwe i Cape Town muri Afurika y’Epfo ku mugoroba
Kinshasa: Kiliziya Gatolika yamaganye igihano cy’urupfu Kabila yakatiwe
Kiliziya Gatolika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaganye igihano cy’urupfu Urukiko Rukuru rw’Igisirikare rwa Kinshasa, rwakatiye Joseph Kabila wayoboye iki gihugu kuva mu 2001 kugeza mu 2019. Tariki ya 30 Nzeri 2025 ni bwo uru rukiko rwakatiye Kabila igihano cy’urupfu, nyuma yo
Leta za California n’iya Oregon zareze ubuyobozi bwa Perezida Donald Trump mu rukiko, ku bwo gufata icyemezo cyo kohereza abasirikare 200 mu mujyi wa Portland
Leta za California n’iya Oregon zareze ubuyobozi bwa Perezida Donald Trump mu rukiko, ku bwo gufata icyemezo cyo kohereza abasirikare 200 mu mujyi wa Portland. Iki gikorwa gikurikiye imyigaragambyo yabereye mu mijyi itandukanye ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamaganaga uburyo Trump akoresha