Amakipe yo muri Sudani, Al-Merrikh na Al Hilal zemerewe gukina shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda ya 2025/2026 nyuma yo kubisaba.Aya makipe niyo yabitangaje abinyujije kuri X mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane.Al-Merrikh yavuze ko yakiriye ibaruwa ivuye muri FERWAFA iyemerera gukina shampiyona y’u Rwanda kuva mu kwezi gutaha k’Ugushyingo.
Iti: “Kuri uyu wa Kane tariki 23 Ukwakira 2025, Al-Merreikh yakiriye ibaruwa ivuye mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yemerera ikipe gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda y’uyu mwaka w’imikino, uhereye mu Ugushyingo 2025.”
Ibi kandi ni nako byagenze kuri Al Hilal Omdurman nayo yavuze ko yamaze kwemererwa gukina shampiyona y’u Rwanda.Yagize iti: “Al Hilal yakiriye ibaruwa iturutse mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda iyemerera gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere.”
Al Ahli SC Wad Madani nayo yamaze kwemerererwa. Aya makipe yo muri Sudani yaherukaga kwandika asaba gukina shampiyona y’u Rwanda nyuma y’uko iyo mu gihugu cyabo idakinwa kubera ibibazo by’umutekano mucye.