EUGENE OFFICIAL

AFC/M23 yavuze ku hazaza hayo nyuma y’amasezerano ya DRC n’u Rwanda
AMAKURU POLITIKE

AFC/M23 yavuze ku hazaza hayo nyuma y’amasezerano ya DRC n’u Rwanda

Jul 3, 2025

Ihuriro rya politiki n’igisirikare Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) riteganya kugira icyo ritangaza ku cyerekezo ryahisemo nyuma y’ihungabana ryagaragaye mu biganiro by’amahoro byaberaga i Doha muri Qatar, aho ryari rimaze igihe riganira n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Ibi biteganyijwe gutangazwa mu kiganiro n’itangazamakuru kizabera i Goma no mu Rwanda ku wa Kane tariki ya 3 Nyakanga 2025 saa cyenda z’amanywa.

AFC/M23, imaze igihe ihanganye na Leta ya Kinshasa, iherutse gukura intumwa zayo mu biganiro byabereye muri Qatar, ibintu byatumye hibazwa uko bizagenda ku mushinga w’amahoro mu Burasirazuba bwa Congo.

Nubwo habayeho ukutumvikana i Doha, mu murwa mukuru wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Washington, habereye igikorwa gifatwa nk’amateka ubwo intumwa za Kigali na Kinshasa zasinyaga amasezerano agamije kurangiza intambara zikomeje ku butaka bwa Congo.

Amakuru yavuye ahabereye ibiganiro agaragaza ko impande zombi zari zaratumiwe i Doha zitigeze zumvikana ku ngingo nyamukuru.

AFC/M23 yigeze kwemera kuva mu bice yari yarigaruriye mu rwego rwo kwerekana ubushake bwo kugana inzira y’amahoro, aho mu ntangiriro za Mata yavuye mu Mujyi wa Walikale n’uturere two mu nkengero zawo.

Iri huriro kandi ryashyikirije ubuyobozi bwa RDC urutonde rw’abantu 700 ryavugaga ko bafunzwe bazira ibirego byo kuba ryarakoranye na bo, ririsaba ko bafungurwa. Mu gusubiza, ubutegetsi bwa Kinshasa bwafunguye abantu batanu gusa, kandi ntibari kuri urwo rutonde.

Ku wa 30 Kamena 2025, AFC/M23 yatangaje ko mu gihe cy’amasaha 72 nyuma y’isinywa ry’amasezerano i Washington, igisirikare cya Congo cyarashe ku baturage b’i Minembwe mu Ntara ya Kivu y’Epfo hifashishijwe indege za gisirikare. Uyu mutwe ubifata nk’igikorwa cy’agasuzuguro ku masezerano ndetse no kongera gushoza intambara.

Ubuyobozi bwa AFC/M23 bwanenze ibitero bivugwa ko byagabwe n’ingabo za Leta ya Congo zifatanyije n’iza Burundi, FRLR ndetse na Wazalendo, ku baturage batuye mu bice birimo Kanyola, Kabare, Kigogo, Kadasomwa na Nyabiondo. Ibi bikorwa byagaragajwe nk’ibyibasira Abanyamulenge.

AFC/M23 irasaba ko ihohoterwa nk’iryo ryahagarara byihuse, kandi rigasubirwamo n’amahanga nk’ihonyora uburenganzira bwa muntu.

Corneille Nanga, uyoboye iri huriro, aherutse kuvuga ko AFC/M23 iharanira amahoro kandi yiteguye gutera intambwe iyo ari yo yose iyaganisha ku mahoro arambye.

Yagize ati: “Turashyigikiye inzira zose zigamije amahoro, haba ku rwego rw’igihugu, akarere cyangwa amahanga. Amasezerano y’i Washington yasinywe ku wa 27 Kamena 2025 hagati y’u Rwanda na Leta ya Kinshasa tubona ko ari intambwe nubwo ari nto, ariko ifite icyo ivuze.”

Yongeraho ko ayo masezerano atarimo ibisubizo byimbitse ku mpamvu z’ingenzi zituma intambara zidacika muri Congo.