EUGENE OFFICIAL

Ubutegetsi bwa Niger imeranye nabi n’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi
AMAKURU POLITIKE

Ubutegetsi bwa Niger imeranye nabi n’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi

Mar 15, 2026

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Niger yahamagaje Chargé d’Affaires w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi i Niamey, kugira ngo atange ibisobanuro ku magambo uyu muryango uherutse gutangaza, usaba ubutegetsi bw’iki gihugu gufungura Mohamed Bazoum wahoze ari Perezida n’umugore we.

 

Amakuru y’ihamagazwa ry’uyu mudipolomate w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yamenyekanye mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru.

Ibaruwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Niger, Bakary Yaou Sangaré yanditse ahamagaza uyu mudipolomate, yaje nyuma y’uko EU itoye umwanzuro usaba ko Mohamed Bazoum wahoze ari Perezida w’iki gihugu n’umugore we bafungurwa.

Kuva ku wa 26 Nyakanga 2023 Mohamed Bazoum yahirikwa ku butegetsi, we n’umugore we bafungiye mu rugo rwabo i Niamey.

Kuva uyu mugabo yakurwa ku butegetsi EU yatangiye kurebana ay’ingwe n’ubuyobozi bushya bwa Niger burangajwe imbere na Gen Abdourahamane Tchiani.

Niger yahamagaje Chargé d’Affaires kuko EU imaze igihe nta Ambasaderi ifite i Niamey nyuma y’uko uwari uhari Niger yasabwe ko asimbuzwa, nyuma yo kumushinja kunyereza amafaranga y’inkunga.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *