EUGENE OFFICIAL

Igisirikare cya Fardc na Wazalendo byisubije agace ka Point Zero na Bikyaka bari baratswe na Twirwaneho
AMAKURU MU MAHANGA

Igisirikare cya Fardc na Wazalendo byisubije agace ka Point Zero na Bikyaka bari baratswe na Twirwaneho

Jan 30, 2026

Imirwano yabaye ku wa kabiri, ku wa gatatu no mu ijoro ryo  ku munsi ku wa kane hagati y’ingabo za leta ya Repubulika Iharanira demokarasi ya Congo ,Wazalendo  bafatanyije n’igisirikare cy’u Burundi ndetse n’Abacancuro barwana n’abarwanyi ba Twirwaneho nawo ufatanyije  n’umutwe wa M23 mu gace k’imisozi ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Epfo ya DR Congo yasize  agace ka Point Zero na Bikyaka byigaruriwe n ‘ingabo zirwana ku butegetsi bwaKinshasa ndetse n’abantu ibihumbi bavuye mu byabo, nk’uko ibinyamakuru muri iki gihugu bibitangaza.

Amasôko atandukanye y’amakuru yemeza ko iyi mirwano yibanze ku kurwanira agace k’ingenzi cyane mu ngendo no mu bya gisirikare ka Point-Zéro, n’inkengero zako.

Ibinyamakuru bimwe muri DR Congo byemeje ko ingabo zirwna ku ruhande rwa  leta zifatanyije na Wazalendo bakuye abarwanyi ba Twirwaneho kuri Point-Zéro kuri uyu wa kane, agace bari bamaze hafi ibyumweru bibiri bagenzura.

Point-Zéro ni agace kari hejuru mu karere k’imisozi ya Fizi, kakaba isangano ry’amayira yerekeza mu bice bitandukanye birimo umujyi wa Uvira mu majyaruguru ashyira uburasirazuba, Mikenke na centre ya Minembwe mu burengerazuba, Fizi na Baraka mu majyepfo.

Radio Maendeleo ikorera muri Kivu y’Epfo yatangaje ko abasivile benshi bakomeje guhunga kuko badashoboye “kwihanganira ubukana bw’iyi mirwano” kandi ko benshi mu barimo guhunga basanzwe n’ubundi ari impunzi “zihora ziva mu karere zihungira mu kandi” bitewe n’uko ibintu byifashe.

Iyi radio ivuga ko abantu ibihumbi biganjemo abana n’abagore bari barahunze bava mu misozi miremire bakerekaza mu gace ka Point Zéro ubu “byabaye ngombwa ko bongera guhunga” bajya aho babona ko hatekanye.

Ikinyamakuru cya Kivu Morning Post gikorera mu mujyi wa Goma cyemeza ko agace ka Point Zero kigaruriwe n’ingabo zirwana ku ruhande rwa leta nyuma y’imirwano ikaze yabashyamiranyije na Twirwaneho.

Inyandiko ya Kivu morning Post yemeza ko point zero yafashwe na FARDC.

 

Umunyamakuru ukomeye ukunda gutangaza inkuru z’uyu mutwe wa Twirwaneho na m23 witwa Stiven Wembi nawe akoresheje urubuga rwe rwa x yemeje ko Twirwaneho yatswe agace ka Point Zero na Bikyaka ndetse ko ubu Twirwaneho yegejwe kure ubu igejejwe mu gace ka Tuwetuwe.

Inyandiko y’umunyamakuru Stiven Wembi yemeza ko Point Zero yigaruriwe na Fardc.

Ku wa kabiri w’iki cyumweru abarwanyi ba Twirwaneho batangaje ko bamagana ibitero by’ingabo za leta ku Banyamulenge mu duce twa Mitamba na Kajoka no kuri Point Zéro mu misozi ya Minembwe.

Twirwaneho ku w gatatu yatangaje ko abarwanyi bayo bari kuri Point-Zéro, muri 10km uvuye i Minembwe, bahanuye indege yo mu bwoko bwa ‘drone’ y’ingabo za leta “yitegura kurasa” kuri Minembwe.

Inyandiko y’umunyamakuru Stiven Wembi yemeza ko Point Zero yigaruriwe na Fardc.
Inyandiko ya Kivu morning Post yemeza ko point zero yafashwe na FARDC.

 

 

Uruhande rw’ingabo za leta na Wazalendo ruvuga ko muri iyi minsi bigaruriye ibice bitandukanye mu ntara ya Kivu y’Epfo muri teritwari ya Fizi byagenzurwaga na Twirwaneho cyangwa na M23.