EUGENE OFFICIAL

Nukuzana Bobi Wine ari muzima cyangwa ari umupfu/Gen Muhoozi Kainerugaba
AMAKURU MU MAHANGA POLITIKE

Nukuzana Bobi Wine ari muzima cyangwa ari umupfu/Gen Muhoozi Kainerugaba

Jan 26, 2026

Umugaba mukuru w’ingabo za Uganda yatangaje ko amabwiriza mashya ingabo zahawe ari ukuzana Bobi Wine  umunyapolitike utavuga rumwe n’ubutegetsi uri mu bwihisho “ari muzima cyangwa apfuye”.

Jenerali Muhoozi Kainerugaba, yanditse ku rubuga rwa X, ko mu masaha 24 bari bahagaritse gushakisha Robert Kyagulanyi  uzwi cyane nka Bobi Wine  babitegetswe “n’umugaba mukuru w’ikirenga” Perezida Yoweri Museveni, uherutse gutorerwa manda ya karindwi.

Ariko ngo bumva ko ashaka “kwishyikiriza mu mahoro” gusa ko ibyo atabikoze, ati: “Ubu ingabo zifite amabwiriza yo kumuzana apfuye cyangwa ari muzima!”

Bobi Wine akomeje kuba mu bwihisho kuva mbere gato y’uko ibyavuye mu matora aheruka ya Uganda bitangazwa.

Mu cyumweru gishize, Muhoozi yari yahaye Bobi Wine amasaha 48 yo kuba yishyikirije polisi, ibyo ntiyabikoze kandi ibikorwa by’igisirikare byo gushakisha aho yihishe ntacyo byagezeho.

Bobi avuga ko hari umugambi wateguwe wo kumugirira nabi, ko yahunze iwe ubwo abasirikare bahageraga ku wa gatanu tariki 16 z’uku kwezi, buri bucye ibyavuye mu matora bitangazwa.

Perezida Yoweri Museveni yatsinze amatora aheruka n’amajwi 71% mu gihe Bobi Wine wamukurikiye yagize amajwi 24%.

Muhoozi Kainerugaba avuga ko Bobi Wine ashinjwa gushishikariza abantu imyigaragambyo n’urugomo, ariko ubucamanza nta nyandiko yo kumuta muri yombi bwasohoye.

Abasesenguzi bavuga ko ubutegetsi bwa Kampala bufite ubwoba ko Bobi Wine aramutse yidegembya ashobora guhamagarira no kuyobora imyigaragambyo ikomeye yaba ikibazo ku butegetsi bwa Museveni.

Mu mpera z’iki cyumweru Bobi Wine yasohoye amashusho yatanzemo ubutumwa avuga ko akomeza kuba yihishe kubera umugambi uriho wo kumugirira nabi.

Muri ayo mashusho yamaganye urugomo rwakorewe umugore we n’abasirikare “benshi” bateye ku rugo rwabo “bagasahura ibikoresho byose by’agaciro” mu nzu kandi bagahohotera umugore we Barbie Kyagulanyi wahise ajyanwa mu bitaro.

Kuri ibi, Muhoozi yagize ati: “Abasirikare banjye ntabwo bakubise Barbie…Icya mbere, ntabwo dukubita abagore. Ntabwo bakwiriye umwanya wacu. Turimo guhiga umugabo we…”