FARDC yeretse abanyamakuru abo ivuga ko ari abarwanyi b’abanyamahanga iherutse gufata
Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyeretse abanyamakuru abo kivuga ko ari abarwanyi b’abanyamahanga ingabo zacyo zafatiye mu bikorwa ziheruka gukora.

FARDC ivuga ko ifatwa ry’abo barwanyi ari “igihamya simusiga ku ruhare rutaziguye rw’ingabo z’amahanga iruhande rw’imitwe yitwaje intwaro y’iterabwoba ikorera ku butaka bwa Congo.”

FARDC ntiyigeze itangaza ibihugu abo barwanyi bakomokamo.
Icyakora yunzemo ko kuba barafatiwe ku butaka bwa Congo Kinshasa na none “bishimangira ko yashojwe kuri RDC atari amakimbirane yoroheje y’imbere mu gihugu”, ko ahubwo ari “igitero cyateguwe kikanashyigikirirwa hanze, hicwa mu buryo bukomeye amategeko mpuzamahanga.”
Ingabo za RDC nyuma yo gufata bariya banyamahanga kuri ubu zivuga ko zigishyize imbere kurinda ubusugire bwa kiriya gihugu n’umutekano w’abaturage bacyo, mu cyerekezo cya Perezida Félix Antoine Tshisekedi akanaba Umugaba w’Ikirenga wazo.