EUGENE OFFICIAL

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yahaye ikaze abanyamuryango bo mu bihugu 93 bazitabira inama ya 46 y’Umuryango w’Ibihugu Bivuga ururimi rw’Igifaransa (OIF) mu Rwanda
AMAKURU MU MAHANGA POLITIKE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yahaye ikaze abanyamuryango bo mu bihugu 93 bazitabira inama ya 46 y’Umuryango w’Ibihugu Bivuga ururimi rw’Igifaransa (OIF) mu Rwanda

Oct 9, 2025

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yahaye ikaze abanyamuryango bo mu bihugu 93 bazitabira inama ya 46 y’Umuryango w’Ibihugu Bivuga ururimi rw’Igifaransa (OIF) mu Rwanda.

Iyi nama izabera i Kigali mu Rwanda kuva tariki ya 19 kugeza ku wa 21 Ugushyingo 2025.

Ni inama izaba ifite insanganyamatsiko igira iti “Imyaka 30 nyuma y’Inama ya Beijing: uruhare rw’umugore mu bihugu bivuga Igifaransa.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhugirehe, yifashishije urubuga rwa X, yahaye ikaze intumwa zizitabira iyi nama.

Yagaragaje ko u Rwanda rwiteguye kwakira abazayitabira baturutse mu bihugu byose bigize umuryango wa OIF.

Ati: “Intumwa zose zituruka mu bihugu 93 bigize OIF, zirakaza neza mu rw’imisozi igibumbi”.

Umuryango w’Ibihugu Bivuga ururimi rw’Igifaransa (OIF) watangijwe muri Werurwe 1970, u Rwanda rukaba rwarabaye umunyamuryango wayo guhera mu 1970.

Kuri ubu Umunyamabanga Mukuru w’uyu Muryango ni Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo, watowe n’abakuru b’Ibihugu biwugize guhera 2018, atangira imirimo muri Mutarama 2019, yongera gutorerwa manda ya kabiri mu Gushyingo 2022.