Baltasar Ebang uzwiho gusambana n’abagore 400 yakatiwe gufungwa imyaka umunani
Baltasar Ebang Engong ukomoka muri Guine’e e’quatoriale, yahamijwe ibyaha byo kunyereza umutungo wa Leta no kugira uruhare mu byaha bya ruswa, ahanishwa gufungwa imyaka umunani n’ihazabu ya miliyoni 125,4 CFA [akabakaba miliyoni 320 Frw].
Balthasar wari umuyobozi w’ikigo cya Guine’e e’quatoriale gishinzwe gukora iperereza ku mikoreshereze y’imari, yamenyekanye cyane mu mpere z’umwaka ushize ubwo yatabwaga muri yombi nyuma yo gufatanwa amashusho arenga 400 y’abagore baryamanye mu bihe bitandukanye barimo n’ab’abakomeye.
Aya mashusho yatahuwe ubwo yakorwagaho iperereza ku byaha byo kunyereza umutungo, mu bikorwa byo gusaka mu rugo iwe no mu biro basanga CD n’ibindi bintu biriho amashusho arenga 400 y’abagore bagiye baryamana.
Urubanza rwa Balthasar yaregwagamo rwari urimo abayobozi benshi bakoreraga urwego rushinzwe ubwishingizi no guha ubwishingizi ibigo bitanga serivisi z’ubwishingizi.
Na bo bahamijwe ibyaha birimo gukoresha ububasha bahabwa n’amategeko mu nyungu zabo bwite, mu izina ry’ingendo n’ubutumwa bw’akazi.
Balthasar avuka mu muryango w’abanyapolitiki, akaba mwishywa wa Perezida Teodoro Obiang Nguema Mbasogo.
Ni umuhungu wa Balthasar Engoga Edjo, kuri ubu uyoboye komisiyo y’umuryango w’ubukungu bw’Ibihugu byo muri Afurika yo hagati [CEEAC].