EUGENE OFFICIAL

Bwa mbere mu Rwanda hagiye kubera imikino njyarugamba ikomeye
AMAKURU IMIKINO

Bwa mbere mu Rwanda hagiye kubera imikino njyarugamba ikomeye

Aug 26, 2025

Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye kubera imikino njyarugamba yo ku rwego rwa Afurika.Ni imikino ya 1/2 ya ‘Professional Fighter League’izabera muri Bk Arena, ku wa 18 Ukwakira 2025.

Ishyirahamwe ry’imukino Njyarugamba ku isi (Global Association of Mixed Martial Arts-GAMMA),ryatangaje ko u Rwanda ari rwo rutahiwe mu kwakira imikino y’irushanwa riri guhuza abahanga muri Afurika mu mikino njyarugamba.

Ni imikino yatangiriye muri Afurika y’Epfo,mu mijyi ya Cape Town na Johannesburg,aho abakinnyi bane babonye itike yo guhatana muri 1/2,hakaboneka umukino wa nyuma.

Mu Rwanda hazabera imikino ibiri irimo uzahuza umunya-Nigeria,Patrick Ocheme,uzahangana n’umunya-Afurika y’Epfo,Nkosi Ndebele n’Umunya-Zimbabwe,Simbarashe Hokonya.

Iyi ni yo mirwano ya mbere ikomeye izaba ibereye mu Rwanda,kandi ni nacyo gihugu cya mbere cyo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba kizaba kiryakiriye mu mateka.

Ubuyobozi bwa Professional Fighter League bwatangaje ko amatike yo kwinjira kuri iyi mikino azatangazwa nyuma, ariko yose ikanyura kuri SuperSports na Canal+.

Abakinnyi bazitwara neza i Kigali,bazerekeza muri Benini kuko ari ho hazakinirwa imikino ya nyuma.